Amatora muri Uganda yashyushye, ni nde uzahatana na Museveni?
Yanditswe: Thursday 03, Jul 2025
Nyuma y’imyaka hafi 40 ku butegetsi, ishyaka National Resistance Movement (NRM) riherutse gutangaza ko Yoweri Kaguta Museveni azongera kurihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Mutarama 2026.
Icyemezo cyo kongera kwiyamamaza kwa Perezida Museveni cyatangajwe n’Umuyobozi n’Akanama gashinzwe amatora muri NRM, Tanga Odoi.
Museveni yagiye ku butegetsi muri Uganda mu 1986, nyuma yo gutsinda urugamba rwahiritse ubutegetsi bwa Milton Obote.
Ntabwo ari ubwa mbere Museveni yari ageragaje amahirwe yo kuyobora Uganda, kuko nyuma yo guhirika Idi Amin mu 1979, mu Ukuboza 1980 habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda.
Ni amatora Museveni yiyamamajemo ahagarariye ishyaka rya Uganda Patriotic Movement (UPM) yari ayoboye. Icyo gihe yahanganye na Milton Obote w’ishyaka Uganda People’s Congress (UPC), ariko biza kurangira atsinzwe. Museveni yabonye amajwi 1,3%, Obote abona 56%.
Nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora, Museveni yabyamaganiye kure, avuga ko “bakinnye (ishyaka rya Obote) n’imbaraga z’abaturage, kandi bazishyura ikiguzi cyabyo.”
Muri Gashyantare 1981, Museveni yahise atangiza urugamba rugamije guhirika ubutegetsi bwa Obote. Byajyanye no gushinga Umutwe w’Ingabo wa National Resistance Army (NRA) ufite n’ishyaka National Resistance Movement (NRM).
Iyi ntambara ya Museveni yamenyekanye ku izina rya ‘Ugandan Bush War’ cyangwa ‘Luwero War’, yarangiye mu 1986.
Hagati aho mu 1985 Tito Okello wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yahiritse ku butegetsi Obote ndetse agerageza kuganira na Museveni, ariko biba iby’ubusa kuko yakomeje urugamba.
Muri Mutarama 1986, Ingabo za Museveni zafashe umurwa mukuru, Kampala, Tito Okello ahungira mu mahanga.
Ku wa 29 Mutarama 1986, Museveni yatangaje ko ariwe Perezida wa Uganda. Kugeza n’uyu munsi niwe uyoboye iki gihugu.
Byafashe imyaka 10 kugira ngo Perezida Museveni ategure amatora ya mbere y’umukuru w’igihugu. Byatewe ahanini no kuba Uganda yari igifite ibibazo by’umutekano muke, ikeneye gushyiraho umurongo mushya wa politike ndetse n’Itegeko Nshinga.
Amatora ya mbere yabaye mu 1996, Museveni ayatsinda ku ijanisha rya 75%, nyuma yo guhigika Paul Kawanga Ssemogerere wa ‘Democratic Party’.
Uganda yongeye gutegura amatora y’Umukuru w’Igihugu mu 2001. Museveni yayegukanye ku majwi 69%, nyuma yo guhigika Dr. Kizza Besigye w’ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) ariko wari wiyamamaje nk’umukandida wigenga. Uyu mugabo we yabonye amajwi 27%.
Besigye wari umaze kuzamura izina nk’umugabo utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, yongeye guhangana na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2006 ariko aza gutsindwa ku majwi 37%. Museveni we yabonye amajwi 59%.
Guhangana kw’aba bombi kongeye kugaragara mu matora yo mu 2011 n’ayo mu 2016. Museveni yabonye amajwi 68%, Besigye abona 26%.
Mu 2016 bwo Besigye yabonye amajwi 35%, Museveni abona 60,6%.
Havutse umukandida mushya, Besigye aranobora
Benshi mu bakurikiranira hafi Politike ya Uganda bazakubwira ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2021 yari injyanamuntu.
Gukomera kw’aya matora kwatewe ahanini n’icyemezo cya Robert Kyagulanyi cyo guhatana na Museveni. Uyu mugabo ni umwe mu bakunzwe cyane, bitewe ahanini n’ibigwi yari afite mu muziki aho yamenyekanye ku izina rya ‘Bobi Wine’.
Bobi Wine yinjiye muri politike ku mugaragaro mu 2017, ahatanira kuba Umudepite.
Yaje gutsinda amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite uhagarariye Kyadondo East. Icyo gihe yiyamamaje nk’umukandida wigenga, ahigika abakandida ba NRM na FDC.
Nyuma yo kugera mu Nteko, Bobi Wine yarwanyije politike ya NRM yivuye inyuma, ndetse aba umwe mu banze ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo Museveni yongere kwiyamamaza nubwo byaje kurangira atabigezeho.
Mu 2020 Bobi Wine yabaye Umuyobozi w’ishyaka National Unity Platform (NUP) ryari rishya muri Uganda.
Mu 2021 iri shyaka ryabonye imyanya myinshi mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ntiryahirwa ku mwanya w’umukuru w’igihugu kuko Bobi Wine yabonye amajwi 34,8%, Museveni abona 58,4%.
Icyo gihe bwa mbere kuva mu 2001 ntabwo Besigye yiyamamaje, nyuma yo kuvuga ko yagiye yibwa inshuro nyinshi na Museveni.
Hari uzahigika Museveni mu 2026?
Nyuma y’iyi myaka yo guhangana muri politike ya Uganda, benshi bahanze amaso amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri ku wa 12 Mutarama 2026.
Ku wa Gatandatu tariki 28 Kamena 2025, Museveni w’imyaka 80 yatangaje ko azongera guhatanira kuyobora Uganda muri manda y’imyaka itanu. Uwo munsi Yahise afata impapuro agomba kuzuza kugira ngo yemererwe kwiyamamaza
Yavuze ko mu ntego ze harimo kuzamura ubukungu bwa Uganda bukava ku Musaruro Mbumbe wa miliyari 66$ ku mwaka, ukagera kuri miliyari 500$, mu myaka itanu.
Museveni yavuze ko ashima ishya rye rya NRM kubera ukuntu ryamubaye hafi.
Ati “Reka mbashimire kubera kunshyigikira bagaragaje, ubwo najyaga mu bice bitandukanye by’igihugu. Nibyo byanteye imbaraga ndavuga nti reka nkomeza mperekeze abanyamuryango ba NRM by’umwihariko abuzukuru, mu yindi myaka itanu iri imbere, ubundi tuzarebe uko bizagenda.”
Kugeza ubu umukandida wamaze gutangaza ko azahatana na Museveni ni Bobi Wine, ndetse byitezwe ko ariwe uzaba akomeye ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Aya matora ategerejwe mu gihe Besigye ufatwa nk’utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni w’ibihe byose, afunze akurikiranyweho umugambi wo gushaka kugirira nabi umukuru w’igihugu.
Ntibiramenyekana niba igihe cy’amatora kizagera yarafunguwe, gusa n’iyo yarekurwa byitezwe ko atazongera kwiyamamaza kuko yagiye abyitangariza inshuro nyinshi.
Muri Mata 2024 Besigye yumvikanye avuga ko “Kuri njye ntabwo nemeranya n’abantu bashaka ko nzaba umukandida mu 2026, kubera ko nzaba narujuje imyaka 70.”
Yongeye kubishimangira muri Kamena uwo mwaka, avuga ko “niba mushaka umukandida umwe uziyamamaza mu matora yo mu 2026 ntabwo ndi kumwe namwe […] ntabwo nizerera mu matora yo mu 2026 ko ashobora kuzatuma Abanya-Uganda babona ubwigenge.”
Kugeza ubu Museveni niwe uhabwa amahirwe yo kongera kwegukana amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *