skol
fortebet

Ambasaderi w’Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Monday 27, Jul 2026

Ambasaderi w'Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

Sponsored Ad

skol

Ambasaderi w’Amerika muri ONU avuga ko Perezida Donald Trump yahagaritse ibitero kuri Iran mu ijoro rya kabiri ryikurikiranya kugira ngo ahe dipolomasi undi mwanya.

Avugira kuri televiziyo Fox News yo muri Amerika ku cyumweru, ambasaderi Mike Waltz yavuze ko perezida arimo “guha ibiganiro umwanya runaka, arimo kubiha umwanya muto”.
Ku cyumweru, umuvugizi w’ingabo za Iran yavuze ko ku bw’iyo mpamvu Tehran yahagaritse ibitero byo “kwihorera” yagabaga mu karere.

Uko guhagarika imirwano gukurikiye ibyumweru hafi bibiri byari bishize Amerika igaba ibitero bya buri munsi kuri Iran ndetse na yo ikihorera, urebye ibi bikaba byari byatumye agahenge kashyizweho umukono muri Kamena (6) uyu mwaka gahirima.
Abajijwe niba ubu Trump yafashe icyemezo cyo kudatuma ibintu bifata indi ntera, Waltz yabwiye televiziyo NBC – na yo yo muri Amerika – ati: “Sinagera kure nk’aho habe na busa. Perezida agumanye amahitamo yose ku meza.”
Waltz yanahakanye amakuru yo mu kinyamakuru the New York Times avuga ko abategetsi bo muri leta y’Amerika baburiye ko kwagura imirwano bishobora gushegesha mu buryo buteje ibyago ububiko bwagabanutse bw’ibisasu n’intwaro by’ubwirinzi bw’ikirere.
Yagize ati: “Ingabo z’Amerika... zifite ikintu cyose zicyeneye mu gukora iki gikorwa [cya gisirikare] neza uko bikwiye.”
Kugeza ku mugoroba wo ku cyumweru, Trump yari ataravuga ku mugaragaro kuri izi ntambwe nshya, ariko mbere yaho yatangaje kuri konti ye yo ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social amafoto yakozwe na mudasobwa agaragaza indege za gisirikare z’Amerika zirimo kumisha ibisasu ku mato ya Iran no ku kirwa cya Kharg cyo muri Iran.
Hagati aho, ku wa gatanu no ku wa gatandatu Iran na Oman byagiranye ibiganiro byinshi i Tehran byo mu rwego rwa tekinike byo kwiga ku micungire y’Umuhora wa Hormuz, nkuko byavuzwe n’umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran Esmail Baghaei.
Amakimbirane ku igenzurwa ry’uwo muhora yongeye kuba intandaro y’ubushyamirane hagati y’Amerika na Iran muri uku kwezi ndetse ukomeje kuba imbogamizi ikomeye mu kuba intambara yarangira burundu.
Muri Kamena (6) uyu mwaka, Iran n’Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (cyangwa ‘memorandum of understanding’ mu Cyongereza) yo guhagarika ibikorwa bya gisirikare no kongera gufungura uwo muhora, hamwe no kugera ku masezerano yo kurangiza intambara mu minsi 60 ikurikiyeho.
Ariko nyuma yuko ingabo za Iran ziteye amato atwara ibikomoka kuri peteroli mu Muhora wa Hormuz ku itariki ya 13 y’uku kwezi kwa Nyakanga (7), Amerika yasubukuye ibitero byo mu kirere kuri Iran ndetse isubizaho kubuza urujya n’uruza ku byambu bya Iran.
Iran yihimuye igaba ibitero ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, yica abasirikare bane b’Amerika. Kuva icyo gihe, ibitero by’Amerika bimaze kwica abantu babarirwa muri za mirongo muri Iran, nkuko bivugwa na minisiteri y’ubuzima ya Iran.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa