skol
fortebet

Amerika ikomeje gushyira igitutu kuri Iran, Trump akangisha gutera ikigo cya nikleyeri kiri munsi y’ubutaka

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Wednesday 22, Jul 2026

Amerika ikomeje gushyira igitutu kuri Iran, Trump akangisha gutera ikigo cya nikleyeri kiri munsi y'ubutaka

Sponsored Ad

skol

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibindi bitero kuri Iran mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, mu gihe Tehran yakomeje kuburira Amerika kutagerageza gutera ibigo byayo bya nikleyeri.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko ibyo bitero bigamije gukomeza guca intege Iran kugira ngo ireke guhungabanya urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi anyura mu Muhora wa Hormuz.

Ibisasu byumvikanye mu mijyi ya Tabriz, Chabahar, Konarak na Bushehr, ahaherereye kimwe mu bigo bikomeye bya nikleyeri bya Iran.

Mu gihe Iran ikomeje kwihimura ku bihugu bifitanye ubucuti na Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, yongeye kuburira ko izihorera nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko Amerika ishobora gutera ikigo cya nikleyeri kiri munsi y’ubutaka hafi ya Natanz.

CENTCOM yavuze ko yibasiye ibigo bya gisirikare bya Iran, birimo ibirindiro by’ingabo zirwanira mu mazi, ububiko bw’indege z’intambara n’iza drone, ndetse n’ibindi bikorwa remezo bya gisirikare.

Yanashinje Iran kuba mu mezi atatu ashize yaragabye ibitero ku mato y’ubucuruzi arenga 30 anyura mu Muhora wa Hormuz.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, igisirikare cya Koweti kirwanira mu kirere cyatangaje ko cyahanganye n’ibitero bya drone za Iran. Bahrain na Yorodaniya na byo byavuze ko byaburijemo ibitero bya misile na drone.

Mbere yaho, Perezida Donald Trump yari yatangaje ko igitero gikurikira gishobora kwerekezwa ku kigo kizwi nka Pickaxe Mountain, aho bikekwa ko Iran iri kubaka mu ibanga uruganda rutunganya uranium.

Trump, wari kumwe na Perezida wa Libani, Joseph Aoun, muri White House, yagize ati: “Tuzahatera vuba.”

Ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya Iran, Khatam al-Anbiya, bwatangaje ko buzafata icyo gitero nk’ukwaguka kw’intambara mu karere, bunaburira ko buzatera “ahantu hose hari inyungu za Amerika, iz’abafatanyabikorwa bayo n’abayishyigikiye,” nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya Leta ya Iran, IRIB.

Trump yanagabishije ko Amerika izafatira ingamba zikomeye abarwanyi b’aba Houthi nibashyira mu bikorwa umugambi wabo wo gufunga inzira z’amato yerekeza cyangwa ava muri Arabiya Sawudite.

Mbere yaho, umuvugizi w’aba Houthi yari yatangaje ko bagiye kuzitambika amato ava cyangwa ajya muri Arabiya Sawudite anyuze mu Muhora wa Bab al-Mandab uhuza Inyanja Itukura.

Kuva intambara ya Amerika na Israel kuri Iran yatangira igatuma Umuhora wa Hormuz ufungwa, Inyanja Itukura yabaye inzira y’ingenzi yo gutambukamo peteroli iva muri Arabiya Sawudite.

Muri Kamena, Iran na Amerika bari basinye amasezerano y’agahenge no kongera gufungura Umuhora wa Hormuz, ndetse no gutangira ibiganiro byo guhagarika intambara mu gihe cy’iminsi 60.

Icyakora, hashize ibyumweru bitatu gusa ayo masezerano asinywe, Trump yatangaje ko ayo masezerano “atakigikurikizwa”, nyuma y’ibitero Iran yagabye ku mato yanyuraga muri Hormuz n’ibitero byo kwihimura byakurikiyeho byagabwe na Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa