Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero byo “kwihimura” kuri Iran, kandi ko cyarasiye mu kirere misile zo mu bwoko bwa ballistique na drones zari zoherejwe zigana ku mato no ku bihugu byo mu karere k’Ikigobe.
Nk’uko byatangajwe n’ishami rishinzwe ibikorwa by’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, United States Central Command (CENTCOM), ibi bitero byibasiye ikirwa cya Qeshm kiri mu muhora wa Hormuz, bikaba byari bigamije “gusubiza ibitero Iran yari igerageje kugaba mu Burasirazuba bwo Hagati.”
Ku ruhande rwayo, Iran yatangaje ko nayo yagabye ibitero ku birindiro by’ingabo za Amerika n’indege za kajugujugu ziri mu “gihugu cyo muri ako karere,” ikoresheje misile na drones.
Ibi bikorwa bibaye mu gihe ibiganiro byo kongera agahenge bikomeje kudindira, nyuma y’uko n’ibiganiro byo guhagarika imirwano imaze amezi hagati y’impande zombi bitageze ku musaruro mu mpera z’icyumweru gishize.
CENTCOM yongeyeho ko igitero cyagabwe ku kirwa cya Qeshm cyari kigamije gusenya ikigo cya gisirikare cya Iran gishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare kiri kuri icyo kirwa.
Yanavuze kandi ko ingabo za Amerika zarashe zikarasa hasi drones eshatu z’intambara zari zoherejwe na Iran zerekeza ku mato y’abasivile yari ari kugenda mu mazi yo muri ako karere mu buryo bwemewe n’amategeko.
Ingabo zidasanzwe zishinzwe kurinda ubutegetsi bwa kisilamu muri Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko “ihungabanywa iryo ari ryo ryose ry’umuhora wa Hormuz rizagira ingaruka zikomeye ku gisirikare cya Amerika.”

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *