skol

Amerika yasabye Leta ya RDC na AFC/M23 guhagarika imirwano

Yanditswe: Saturday 01, Nov 2025

featured-image

Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, yasabye ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 guhagarika imirwano.

Muri Mata 2025, Leta ya RDC na AFC/M23 byagiranye amasezerano yo guhagarika imirwano, bibifashijwemo na Qatar, kugira ngo ibiganiro by’amahoro bibe mu mwuka mwiza, ariko imirwano yarakomeje mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Tariki ya 14 Ukwakira, impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego ruhuriweho rugenzura iyubahirizwa ry’agahenge. Byari byitezwe ko impinduka zishobora kugaragara ariko na bwo imirwano yarakomeje.

Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, aherutse kubazwa impamvu abasirikare b’igihugu cye bamaze iminsi bagaba ibitero bikomeye mu bice bigenzurwa na AFC/M23, asubiza ko baba bihorera kuko iri huriro na ryo ribarasaho.

Gen Maj Ekenge yagize ati "Ntidukorera mu nsengero. Ni mu rusengero bavuga ngo niba ukubiswe ku musaya w’ibumoso, utange n’uw’iburyo. Ntidushobora guhora turebera abadutera n’abadushotora ntacyo dukora. Bavuga ko twabarashe ariko ni bo badushotoye.”

Kuri uyu wa 1 Ugushyingo, Boulos yatangaje ko Leta ya RDC na AFC/M23 byateye intambwe zitanga icyizere binyuze mu biganiro bya Doha, kuko byombi byagaragaje ko bishaka ko uburasirazuba bw’iki gihugu bugira amahoro n’umutekano.

Ati “Ariko kurenga ku gahenge guheruka hagati ya RDC na M23 gushobora gusubiza inyuma izi ntambwe zatewe. Byose bigomba kubahiriza ibyo byiyemeje i Doha, birimo kubahiriza agahenge, bigakorana byuzuye n’urwego rugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu kubaka icyizere no kugabanya ubushyamirane.”

Boulos yamenyesheje Leta ya RDC na AFC/M23 ko bikomeje gusigarira intambwe yatewe, hari amahirwe ko akarere kabona amahoro arambye n’iterambere.

Massad Boulos yagaragaje ko imirwano iri kuba mu burasirazuba bwa RDC ishobora gusubiza inyuma intambwe zatewe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa