skol
fortebet

Amerika yongereye igihe cy’ibihano yafatiye u Burusiya

Yanditswe: Sunday 13, Apr 2025

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Donald Trump yongereye umwaka ku gihe cy’ibihano Amerika yafatiye u Burusiya, kuko asanga bukomeje kuba ikibazo ku mutekano w’igihugu

Sponsored Ad

Mu 2014 ni bwo Amerika yafatiye ibihano u Burusiya kuko bwari bumaze kwigarurira Intara ya Crimea. Ibihano byakomeje kwiyongera ubwo Amerika yashinjaga u Burusiya kwivanga mu matora yayo.

Ku butegetsi bwa Joe Biden u Burusiya na Amerika byakomeje kurebana ay’ingwe, ariko ibihano bikazwa cyane muri Gashyantare 2022 ubwo u Burusiya bwatangizaga intambara kuri Ukraine n’ubu igikomeje.

Perezida Trump usanzwe ari inshuti ya Putin yatangaje ko ibihano Amerika yafatiye u Burusiya byongerewe igihe cy’umwaka.

Kongera igihe cy’ibihano byafatiwe u Burusiya, byatangajwe ku wa 10 Mata 2025, binyuze ku rubuga rwa Federal Register.

Iteka rishyiriraho ibihano u Burusiya rivuga ko bubangamira bikomeye umutekano, politiki mpuzamahanga, n’ubukungu bwa Amerika.

Mu bikorwa bibi Amerika ishinja u Burusiya harimo kugerageza kubangamira amatora atabogamye n’inzego za demokarasi muri Amerika n’inshuti zayo, guhungabanya umutekano w’ibihugu n’imiryango bifite aho bihuriye na Amerika, kutubaha ubusugire bw’ibindi bihugu no kutubahiriza amategeko mpuzamahanga.

Muri Werurwe 2025 Trump yari yaburiye u Burusiya ko niburamuka bubangamiye ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge mu ntambara ibuhuza na Ukraine hazafatwa ibindi bihano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa