António Guterres yamaganye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Madagascar
Yanditswe: Friday 17, Oct 2025
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yamaganye ibikorwa byo guhindura ubutegetsi muri Madagascar mu buryo bunyuranye n’Itegeko Nshinga, asaba ubufatanye bw’abenegihugu mu gusubiza igihugu ku murongo.
Ku wa 14 Ukwakira 2025, abasirikare bayobowe na Colonel Michael Randrianirina batangaje ko bakuye ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina. Inteko Ishinga Ametegeko na yo yari imaze kumweguza.
Ni nyuma y’imyigaragambyo yatangiye muri Nzeri 2025 yari yiganjemo urubyiruko, rwasabaga ubuyobozi kugeza ku baturage amazi meza n’amashanyarazi.
António Guterres abinyujije ku rukuta rwa X yavuze ko yamaganye ibikorwa byo guhindura guverinoma byakozwe muri Madagascar hadakurikijwe Itegeko Nshinga.
Yasabye ko hasubiraho ubutegetsi bwemewe n’amategeko kandi amategeko akubahirizwa. Ati: “Ndasaba abafatanyabikorwa ba Madagascar, harimo n’urubyiruko gukorera hamwe mu gukemura ibyateye imvururu mu gihugu.”
Yongeyeho ko Loni “yiteguye gufasha gahunda zitegurwa mu gihugu kugera ku ntego.”
Madagascar imaze imyaka irenga 60 ihura n’imidugararo ya politiki n’imyivumbagatanyo, aho amatora ya 2018 na 2023 Rajoelina yatsinzemo yakomeje kuvugwamo uburiganya.
Rajoelina yatangiye kuyobora Madagascar mu 2009, ubwo igisirikare cyamutoreraga kuyobora Urwego rw’Ikirenga rw’Inzibacyuho rwa Madagascar. Ni nyuma y’ibibazo bya politiki byatumye Marc Ravalomanana wari perezida ava ku butegetsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *