Assimi Goïta uyobora Mali mu nzibacyuho yihaye Ipeti rya General
Yanditswe: Thursday 17, Oct 2024
Perezida w’inzibacyuho wa Mali kuva muri Gicurasi 2021, Colonel Assimi Goïta, yahawe ipeti rya Général kuri uyu wa 16 Ukwakira 2024.
Iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, nk’uko byasobanuwe n’ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma ya Mali.
Ba Colonel bane bagize uruhare rukomeye mu gukuraho ubutegetsi bwa Bah Ndaw, na bo bavanywe ku ipeti rya Colonel, bahabwa irya Général.
Aba bofisiye ni Malick Diaw wabaye Visi Perezida wa Mali, Sadio Camara usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo, Ismaël Wague usanzwe ari Minisitiri w’Ubwiyunge na Modibo Kone.
Abandi basirikare bakuru n’abato benshi na bo bazamuwe mu ntera, bikaba byashingiye ku cyifuzo cyatangiwe mu nama y’umushyikirano yabaye muri Gicurasi 2024.
Mbere y’uko Gen Goïta atangira kuyobora Mali, yabaye Visi Perezida nyuma yo gukuraho ubutegetsi bwa Ibrahim Boubacar Keïta muri Nzeri 2020.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *