skol

Biniam, Henok na Kudus mu bo Eritrea izifashisha muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

Yanditswe: Friday 12, Sep 2025

featured-image

Biniam Girmay, Henok Mulubrhan na Merhawi Kudus bari mu bakinnyi batandatu bagize Ikipe y’Abagabo izahagararira Eritrea muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera i Kigali tariki 21-28 Nzeri 2025.

Aba bakinnyi ni bamwe mu bafite amazina akomeye muri uyu mukino muri Afurika ndetse no ku Isi muri rusange.

Biniam Girmay usanzwe ukinira Intermarché – Wanty yo mu Bubiligi ni umwe mu bazaba bahanzwe ijisho muri iyi kipe.

Uyu mukinnyi yamamaye cyane ubwo yegukanaga umwambaro w’umukinnyi utambika kurusha abandi muri Tour de France 2024, aho yarangiye yegukanyemo etape eshatu.

Hari kandi Henok Mulubrhan ukinira XDS Astana yo muri Kazakhstan, anazwi cyane mu Rwanda kuko yegukanye Tour du Rwanda 2023.

Undi ni Merhawi Kudus ukinira Burgos Burpellet BH yo muri Espagne akaba azwi cyane kuko yegukanye Tour du Rwanda mu 2019, ku nshuro ya mbere ubwo yajyaga kuri 2.1.

Abandi bakinnyi iyi kipe izakoresha ni Natnael Tesfatsion wa Movistar yo muri Espagne, Amanuel Ghebreigzabhier wa Lidl-Trek yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Nahom Zeray wa Team UKYO yo mu Buyapani.

Kigali igiye gukora amateka yo kuba umujyi wa mbere wo muri Afurika wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, aho iri rushanwa ngarukamwaka rizakinwa ku nshuro ya 98 kuva ribaye bwa mbere mu 1921.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa