Bobi Wine yavuze ko afite ibimenyetso by’uburiganya bwabaye mu matora ya Perezida
Yanditswe: Wednesday 21, Jan 2026
Utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yavuze ko afite ibimenyetso bifatika bigaragaza uburiganya bwabaye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwemo na Yoweri Kaguta Museveni wari usanzwe ayobora icyo gihugu.
Mu kiganiro na Aljazeera Bobi Wine yanenze Leta ya Uganda ayishinja gucecekesha abatavuga rumwe na yo.
Amatora ya Perezida muri icyo gihugu yabaye ku wa 15 Mutarama, aho Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje ko Museveni ari we watsinze n’amajwi 72% mu gihe Bobi Wine bari bahanganye yagize 25%.
Ishyaka riyobowe na Bobi Wine; National Unity Platform, (NUP) n’abandi bakandida babiri banze kwakira ibyavuye mu matora bavuga ko habaye uburiganya, guterwa ubwoba, no kubuza abahagarariye amashyaka kwinjira mu biro by’itora.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja Leta gukoresha imbaraga z’umurengera mu gucecekesha abatavuga rumwe na yo, gufunga interineti n’abigaragambyaga.
Ku rundi ruhande ariko Perezida Museveni yashinje ishyaka rya Bobi Wine kugerageza guhungabanya umutekano w’igihugu.
Bobi Wine yabwiye Aljazeera ko afite ibimenyetso mbere y’amatora, ibyo mu gihe cy’amatora ndetse n’ibya nyuma yayo.
Yavuze ko umunsi umwe mbere y’amatora, abenshi mu bahagarariye ishyaka rye ku biro by’itora batawe muri yombi n’inzego z’umutekano kandi bagikomeje kuburirwa irengero.
Yavuze ko muri icyo gihe ubuyobozi bwakuyeho interineti ndetse abayobozi ba Komisiyo y’Amatora na bo bagize uruhare mu kwandika amajwi kandi bari bashyigikiye Museveni.
Gusa indorerezi zo mu miryango Mpuzamahanga zatangaje ko amatora yabaye mu bwisanzure kandi yagenze neza, ariko Bobi Wine we yakomeje gushimangira ko nta mucyo wayaranze.
Bobi Wine avuga ko azakomeze gushishikariza abamushyigikiye kwigaragambya mu mahoro mu rwego rwo guharanira ukuri nkuko babyemererwa n’itegeko.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *