Bolsonaro wayoboye Brésil yakatiwe gufungwa imyaka 27
Urukiko rwanzuye ko Bolsonaro ahamwa n’ibyaha byo gushaka guhindura ibyavuye mu matora yabaye mu 2022 muri Brésil, gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi, uruhare mu byaha byakozwe n’imitwe yitwaje intwaro, kugerageza kubangamira demokarasi akoresheje ingufu, kwangiza imitungo ya leta, no kubangamira bikomeye inzego za leta.
Umucamanza wo mu Rukiko rw’Ikirenga, Alexandre de Moraes yavuze ko Bolsonaro yashatse gukuraho inkingi za mwamba zubakiyeho demokarasi, agamije gusubizaho ubutegetsi bw’igitugu muri Brésil.
Ikirego cy’ubushinjacyaha kivuga ko Bolsonaro yatangiye gutegura umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi mu 2021 ahereye mu kwangisha rubanda imikorere y’inzego zishinzwe amatora.
Kigaragaza ko amaze gutsindwa amatora ya 2022, yakanguriye abayoboke be guhurira mu Murwa Mukuru bangiza inyubako zikoreramo ibiro bya Leta muri Mutarama 2023.
Bolsonaro n’abo bareganwa muri iyi dosiye bahakanye ibyaha byose bashinjwa. Biteganyijwe ko abunganira abaregwa bajuririra icyemezo cy’urukiko.
Ku rundi ruhande, Perezid awa Brésil, Luiz Inacio Lula da Silva yashinje Amerika kuba inyuma y’ibikorwa byo gushaka guhirika ubutegetsi bwe, avuga ko Brésil itazabyihanganira.
Jair Bolsonaro yakatiwe gufungwa imyaka 27

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *