Brésil: Bolsonaro yasabiwe gucungirwa hafi mu kuburizamo umugambi wo gutoroka ubutabera
Yanditswe: Wednesday 27, Aug 2025
Umucamanza wo mu Rukiko rw’Ikirenga muri Brésil, Alexandre de Moraes, yatangaje ko Jair Bolsonaro, wahoze ayobora iki gihugu akaba afungiwe iwe, ashobora gutoroka ubutabira, asaba polisi kumucungira hafi.
Jair Bolsonaro w’imyaka 70 afungiwe iwe mu gihe hategerejwe icyemezo cy’urukiko ku bijyanye no guhirika ubutegetsi akurikiranyweho.
Uyu musaza ashobora gufungwa imyaka 40 mu gihe yaba ahamijwe ibyaha byo kugerageza kuguma ku butegetsi mu 2022 nyuma yo gutsindwa na Luiz Inacio Lula da Silva.
Akurikiranyweho kandi kuyobora itsinda ry’abagizi ba nabi bari bagambiriye gukumira Lula wari watsinze amatora mu 2025.
Biteganyijwe ko urukiko ruzafata icyemezo cya nyuma mu ntangiriro za Nzeri 2025.
Moraes yasabye Polisi gucungira hafi Bolsonaro, kuko ashobora gutoroka. Ni ubusabe yatanze na we abisabwe n’Ibiro by’Ubushinjacyaha.
Ubushinjacyaha bwavuze ko hari amakuru bufite y’uko Bolsonaro ari gutegura ibyo gusaba ubuhungiro muri Argentine mbere y’uko urukiko rufata icyemezo cya nyuma.
Mu gusaba ubuhungiro Bolsonaro yavuze ko akurikiranywe n’ubushinjacyaha ku mpamvu za politiki.
Gukurikirana Bolsonaro ntabwo byishimiwe n’inshuti ye Donald Trump, wagaragaje ko bidakwiriye ndetse ko yafashe imyanzuro yo guhana ababiri inyuma.
Ku wa 26 Perezida Lula yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika yimye viza Minisitiri w’Ubutabera muri Brésil,Ricardo Lewandowski, agaragaza ko bifitanye isano n’ibibazo bya Bolsonaro nubwo Amerika yo ntacyo irabivugaho.
Ubwo yari mu nama y’Abaminisitiri, Lula yavuze ko, imyitwarire ya Amerika idakwiye ko “Brésil ari iya’Abanya-Brésil” nta wundi muntu ugomba kwivanga mu byayo.
Ubutegetsi bwa Trump kandi bwashyize imisoro ingana na 50% ku bicuruzwa bituruka muri Brésil, ishyiriraho ibihano na Moraes n’abandi.
Perezida Lula ati “Iyo myitwarire ntabwo yakwihanganirwa. Ntabwo ari ukurwanya umuminisitiri wacu gusa, ahubwo ni no gutesha agaciro abacamanza b’Urukiro rw’Ikirenga n’abandi Banya-Brésil.”
Mu buryo bwo kwamagana ibyemezo bya Amerika, Lula n’abandi baminisitiri bambaye ingofero zanditseho ko ‘Brésil ari iya’Abanya-Brésil’.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *