Col Havyarimana Jean Bosco uyobora Polisi muri Komini Nyabikere mu yahoze ari Intara ya Karuzi, afungiwe i Bujumbura kubera uruhare rukomeye akekwaho mu iyicarubozo no kuburirwa irengero k’umuturage.
Uyu muturage witwa Daniel Ndimuminwe yatawe muri yombi n’abapolisi bari bayobowe na Col Havyarimana tariki ya 11 Kanama 2025, azira kubura amafaranga y’Amarundi 1000 yo kwishyura ifunguro yari yariye muri restaurant.
Ubwo Col Havyarimana n’abapolisi bari bamuherekeje bajyaga kuri iyi restaurant, bari bahamagawe na nyirayo uzwi nka Jean Marie. Bahageze, bahondaguye Ndimuminwe, we agasobanura ko yahamagaye inshuti ye ngo imwishyurire.
Nyuma yo kumugira intere, Col Havyarimana yajyanye Ndimuminwe muri kasho ya Nyabikere. Mu ijoro ry’uwo munsi yategetse ko yoherezwa ku ivuriro ubwo yabonaga arushaho kuremba, abapolisi bamugejejeyo basubizwa ko ibitaro bya Karuzi ari byo byashobora kumuvura.
Abapolisi boherejwe na Col Havyarimana bashyize Ndimuminwe kuri moto nk’aho bamujyanye muri ibi bitaro ariko ntibamugezayo, ntibanamusubiza kuri kasho. Ibyo byatumye bikekwa ko baba baramujugunye, agapfira ahantu hatazwi.
Urwego rw’u Burundi rushinzwe Iperereza (SNR) rwahamagaje Col Havyarimana i Bujumbura kugira ngo asobanure irengero rya Ndimuminwe. Yagezeyo, asobanura ko yacitse abapolisi, bityo ko atazi aho aherereye.
Nyuma yo kutanyurwa n’ibisobanuro bya Col Havyarimana, SNR yafashe icyemezo cyo kumufunga mu gihe hakomeje iperereza ku irengero ry’uyu muturage. Andi makuru avuga ko nyiri restaurant wahamagaye uyu mupolisi yatorotse.
Undi afungiwe ibyaha birimo kugerageza kwica
Tariki ya 14 Kanama, SNR yataye muri yombi undi mupolisi mukuru, Col Moïse Arakaza alias Nyeganyega, nyuma y’aho abakozi be babiri bafashwe batwaye mu modoka ikigega kirimo litiro 440 za lisansi zari zigiye gucuruzwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abakozi ba Col Arakaza, Paul Ndagijimana na Asmani Tuyihimbaze, baraburanishijwe n’urukiko rwa Rumonge, buri wese akatirwa igifungo cy’umwaka umwe no gucibwa ihazabu ya miliyoni 1 y’Amafaranga y’Amarundi, nyuma yo guhamywa icyaha cyo guhungabanya ubukungu bw’igihugu.
Mbere y’uko Col Arakaza afungwa, tariki ya 13 Kanama abapolisi bakorera muri Komini Rumonge mu ntara ya Burunga bari bamuhagaritse ubwo bamenyaga ko imodoka ye itwaye litiro 60 za lisansi, ariko nyuma baramureka aragenda.
Mu rukerera rwa tariki ya 17 Kanama, abapolisi basatse urugo rwa Col Arakaza ruherereye muri Komini Nyanza mu ntara ya Burunga, bafatiramo impuzankano nyinshi z’igipolisi.
Col Arakaza akurikiranyweho icyaha cyo guhungabanya ubukungu bw’igihugu n’icyo kugerageza kwica, gifitanye isano no kuba yaratunze imbunda abapolisi bamuhagaritse tariki ya 13 Kanama.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *