skol

Burundi: Abapolisi bikekwa ko barinda Perezida Ndayishimiye bambuye umuturage miliyoni 15 Fbu

Yanditswe: Saturday 11, Apr 2026

featured-image

Abapolisi batanu b’u Burundi baherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kwambura umuturage witwa Nyandwi Gérard miliyoni 15 Fbu bivugwa ko bari mu bacunga umutekano wa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye, aherutse gutangaza ko aba bapolisi bari batandatu, bamwe bambaye impuzankano y’igipolisi, bafite n’imodoka y’akazi iriho n’ibirango, bateye urugo rwa Nyandwi ruherereye i Bujumbura tariki ya 1 Mata 2026.

Yagize ati "Babwira nyir’urugo bati ‘Wowe ngwino tugende, barakudutumye’. Bamushyize mu modoka ye, bamuherekeza n’iy’igipolisi. Bamugejeje mu mujyi bati ‘Ushakwa n’urwego rw’iperereza, uko twumvise ibintu ushinjwa, barakwica’."

Nkurikiye yatangaje ko aba bapolisi babwiye uyu muturage ko agomba kubaha miliyoni 20 Fbu kugira ngo bamutorokeshe, bitaba ibyo bakamushyira urwego rw’iperereza rukamwica.

Ati "Umugabo ni bwo yababwiye ko nta mafaranga afite, ko afite ibihumbi 500 Fbu gusa, baranga. Batangiye kumufotora bati ‘Iyi foto twamaze kuyoherereza abadutumye, ahubwo nutinda turakunyarukana’. Umugabo yaratabaje, ashaka inshuti, bakusanya amafaranga kugeza aho bujuje miliyoni 15 Fbu, arazibahereza, bahita bagenda."

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi yasobanuye ko aba bapolisi bamaze kwakira aya mafaranga, babwiye Nyandwi ko bagiye kubwira abashinzwe iperereza ko bamubuze, baramureka asubira mu rugo.

Ku wa 10 Mata, Radiyo RPA-Ijwi ry’Abanyagihugu yatangaje ko andi makuru yaturutse mu nzego z’umutekano z’u Burundi avuga ko abapolisi bateye urugo rwa Nyandwi ari bamwe mu barinda Umukuru w’Igihugu kandi ko bamaze imyaka myinshi basimburana n’abo bakorana mu bujura nk’ubu.

Iki gitangazamakuru cy’Abarundi kivuga ko Abapolisi barinda Perezida Ndayishimiye bakoresha muri ubu bujura imodoka z’akazi zirimo za V8, Pickup, Imbangukiragutabara n’izo mu bundi bwoko, bikaba bigoye ko uwo bateye yashidikanya ko batari mu kazi.

Abapolisi bafashwe bafite amapeti mato. Bikekwa ko hari umuntu ukomeye ushobora kuba abatuma muri ubu bujura, bikaba byaratumye bamara igihe kinini babukora ariko ntihagire ubafata.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa