skol

Burundi: Impunzi z’Abanye-Congo zangiwe gutaha zaciye umuvuno mushya

Yanditswe: Saturday 10, Jan 2026

featured-image

Impunzi z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi ziturutse mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ziri gutaha zinyuze mu nzira zitemewe n’amategeko nyuma y’aho zangiwe gusubira iwabo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNCHR), rigaragaza ko Abanye-Congo barenga ibihumbi 101 bahunze imirwano yabereye mu kibaya cya Ruzizi mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, bajya mu Burundi.

Ubwo imirwano yahagararaga tariki ya 9 Ukuboza, impunzi nyinshi z’Abanye-Congo zashatse gutaha, ariko Leta y’u Burundi irabyanga, ifunga zimwe muri zo, inateguza ko izazimurira mu nkambi za kure y’umupaka.

Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu igaragaza ko ubuzima impunzi z’Abanye-Congo zibayemo mu Burundi bubabaje kuko zitabona ibyo kurya bihagije, amazi meza n’ubuvuzi bukwiye.

Kuva mu ntangiriro za Ukuboza, impunzi z’Abanye-Congo zirenga 100 zapfiriye mu Burundi, zizize inzara n’indwara ziterwa n’umwanda nka Choléra.

Ihuriro AFC/M23 ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wa Gatumba na Vugizo kugira ngo impunzi z’Abanye-Congo zitahe ariko yakomeje kwinangira, nyamara ubuzima bwazo bukomeje kuzamba.

Kuva mu cyumweru gishize, zimwe mu mpunzi z’Abanye-Congo ziba mu nkambi y’agateganyo ya Cishemere muri Cibitoke, zatangiye kwambuka uruzi rwa Ruzizi nyuma yo kumenya ko hari gahunda yo kuzimurira mu nkambi za kure y’umupaka.

Urubuga SOS Medias rugaragaza ko icyemezo cyo kwambuka uru ruzi gisa no guhara amagara kuko impunzi ebyiri zararohamye. Ibyo zari zifite byabonetse tariki ya 2 Mutarama, byangiritse bikabije.

Nubwo uru rugendo rutoroshye, hari impunzi z’Abanye-Congo zashoboye kwambuka uruzi rwa Ruzizi zibifashijwemo na bamwe mu Barundi. Ubuzima zibayemo iwabo butandukanye cyane n’ubwo mu nkambi.

Uwatashye muri Luvungi yagize ati "Nyuma y’ibyo nanyuzemo mu nkambi y’agateganyo, sinari ngifite ubushake bwo kuhaguma. Bamwe mu Barundi bamfashije kwambuka Ruzizi. Uyu munsi ndi muri Luvungi, mbayeho mu buzima busanzwe."

Hari Abanye-Congo bahisemo guha abasirikare b’u Burundi, abapolisi n’Imbonerakure ruswa kugira ngo babemerere kwambuka umupaka, basubirane iwabo n’imiryango yabo.

Uwo muri Sange muri Kivu y’Amajyepfo yagize ati "Nari kumwe n’umugore wanjye n’abana bacu umunani. Badusabye amafaranga y’Amarundi 300.000. Byansabye ko mbaha ihene zacu eshatu kugira ngo batwemerere kwambuka."

Hari impunzi z’Abanye-Congo zitatashye kubera gutinya kurohama mu ruzi rwa Ruzizi no kubura ruswa ziha abashinzwe umutekano barinda imipaka y’u Burundi. Zikomeje gutakambira Leta y’u Burundi ngo izifungurire inzira, zitahe.

U Burundi buherutse kwakira impunzi z’Abanye-Congo zirenga ibihumbi 101

Gusubira muri RDC bishobokera impunzi yemeye guhara amagara

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa