skol
fortebet

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye ahetse umusaraba

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Saturday 19, Apr 2025

Burundi: Perezida Ndayishimiye yagaragaye ahetse umusaraba

Sponsored Ad

skol

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagiye kwifatanya n’Abakiristu Gatolika b’i Burundi mu nzira y’umusaraba no kuzirikana ububabare bwa Yezu Kristu, by’umwihariko na we aheka umusaraba.

Ku wa 18 Mata 2025, Abakiristu Gatolika bizihije uwa Gatanu Mutagatifu, bazirikana ububabare bwa Yezu umucunguzi wabo, ndetse bakanaramya umusaraba yabambweho kugira ngo abacungure.

Ni imihango yakozwe ku Isi hose. By’umwihariko mu Burundi, Perezida Ndayishimiye wari waherekejwe n’umuryango we, yafashe umwanya wo guheka umusaraba ayobora abandi bajya kuwuramya.

Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Perezida Ndayishimiye “yitabiriye inzira y’umusaraba akifatanya na Yezu wababaye.”

Gusa iki gikorwa cyatumye benshi ku mbuga nkoranyambaga bamunenga bavuka ko yagombaga kuba ari “gukemura ibibazo byabarundi byibura ngo abashakire nibitoro none yibereye muguterura imisaraba yibiti bya gereveriya.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa