Bwa mbere nyuma y’Intambara y’Isi u Budage bugiye kugira ingabo mu mahanga
Yanditswe: Thursday 03, Apr 2025

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika byatangaje ko bizaba bibaye ubwa mbere nyuma y’igihe kirekire u Budage bwoherejwe abasirikare b’Abadage mu kindi gihugu kuva Intambara ya Kabiri y’Isi Yose yarangira.
Ati: “Ku bw’ubufatanye, ku bwa Lituania, ku bw’umutekano w’u Burayi”. Yongeyeho ko ari “Nk’ikimenyetso cyerekana ko twiyemeje kurengera amahoro n’ubwisanzure hamwe n’abafatanyabikorwa bacu.”
Igitero cy’u Burusiya muri Ukraine cyateje kwiyongera kw’amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare ndetse n’amafaranga akoreshwa mu bwirinzi mu bihugu by’u Burayi.
Igihe hategurwaga bwa mbere Brigade ya 45 yo kurwanisha ibimoka by’intambara by’imitamenwa mu 2023, u Budage bwasobanuye ko ari kimwe mu bikorwa bigenda byiyongera by’abanyamuryango ba NATO mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umutekano wabo ndetse n’umutekano w’umupaka w’iburasirazuba wa NATO.
Minisitiri w’Ingabo w’u Budage, Boris Pistorius, mbere yagize ati: “Hamwe n’iyi brigade yiteguye intambara, tugiye gufata inshingano z’ubuyobozi ku ruhande rw’iburasirazuba rwa NATO.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *