skol

Cindy agiye guhagararira Uganda mu nama ya Loni

Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026

featured-image

Umuhanzikazi wo muri Uganda Cindy Sanyu yatoranyijwe nk’uzahagararira igihugu cye mu nama y’Umuryango w’Abibumbye, Loni yiga ku iterambere rirambye ry’ahazaza (Sustainable Future Forum), izabera i Bangkok, ku wa 19 Werurwe 2026.

Mu munezero mwinshi Cindy Sanyu yagaragaje ko umwaka yawutangiye neza mu nzu y’ubujyanama bwe mu butumwa yaherekeresheje ifoto-yamamaza yasangije abamukurikira

Yanditse ati:” Ni umwaka mushya w’ibyishimo muri StarMaker ent.”

Iyo ni inama isanzwe ihuza abantu batandukanye barimo n’ibyamamare baturutse mu bihugu bitandukanye baganira ku iterambere rirambye n’iterambere rusange ku Isi.

Sindy Sanyu atumiwe nyuma y’amezi make ashize, Juliana Kanyomozi na we yitabiriye inama ya International Visitor Leadership Program 2026, ibishimangira ko abahanzi bo muri Uganda bakomeje kwagura ibikorwa byabo birenze urwego rw’umuziki.

Sindy Sanyu ni umwe mu bagize itsinda ry’umuziki rya Blue3 ryakanyujijeho mu myaka ya 2000, nyuma akaza gukora umuziki ku giti cye aho kuri ubu abarizwa mu nzu ifasha abahanzi (Level) ya Superstar Entertainment.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa