Colombia: Uwarashe umukandinda wahataniraga kuba Perezida yakatiwe gufungwa imyaka irindwi
Yanditswe: Thursday 28, Aug 2025
Umusore w’imyaka 15 uheruka kurasa mu mutwe umukandinda wiyamamarizaga umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Colombia, yakatiwe gufungwa imyaka irindwi muri gereza y’abana.
Ku wa 7 Kamena 2025, nibwo Miguel Uribe Turbay wiyamamarizaga kuba Perezida wa Colombia yarashwe n’uyu musore utaratangajwe amazina ye, inshuro eshatu ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Murwa Mukuru Bogota.
Muri izo nshuro eshatu, amasasu abiri yamufashe ku mutwe, irindi rimufata mu ivi, ahita ajyanwa kwa muganga igitaraganya.
Abaganga bagerageje kuvura uyu mugabo ariko biza kurangira apfuye ku wa 11 Kanama 2025.
Uyu mwana yakatiwe gufungwa imyaka irindwi muri gereza z’abana ahamijwe ibyaha bitandukanye birimo kugerageza kwica ndetse no gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Amategeko yo muri Colombia avuga ko mu gihe umwana utaruzuza imyaka 18 yemeye icyaha yakoze, ahita agabanyirizwa igihano yari guhabwa nubwo uwo yarashe ashobora gupfa nyuma.
Uribe wapfuye nyuma y’amezi abiri arashwe yari umwe mu bafite amahirwe yo kwegukana umwanya wa Perezida wa Colombia, ahanini kubera uburyo ashyigikiye n’urubyiruko.
Umusore wishe arashe Uribe wiyamamarizaga kuyobora Colombia yakatiwe gufungwa imyaka irindwi muri gereza

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *