skol

Cristiano Ronaldo yahunze

Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2026

featured-image

Indenge bwite ya Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia yavuye muri iki gihugu yerekeza muri Espagne kubera ibitero Iran iri kugaba ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika hirya no hino ku Isi kubera ibitero zayigabyeho zifatanyije na Israel.

Iyi ndege ya Bombardier Global Express ifite agaciro ka miliyari zisaga 119 Frw y’uyu Munya-Portugal, ikinyamakuru Dailymail cyatangaje ko yavuye mu Mujyi wa Riyadh asanzwe abanamo n’umugore we Georgina Rodriguez n’abana batanu, nyuma y’ibitero bibiri byibasiye Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri muri uyu Mujyi.

Amakuru y’iyi ndege yagaragaje ko yahagurutse i Riyadh ku 2 Werurwe 2026, saa moya z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda inyura mu kirere cya Misiri n’inyanja ya Méditerranée, igera muri Espagne mu Mujyi wa Madrid, mu masaha ya Saa Sita n’igice z’ijoro mu rugendo rw’amasaha hafi arindwi. Nubwo bimeze gutya ariko nta makuru yari yemeza ko Cristiano Ronaldo yari muri iyi ndege.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byatangiye kugaba ibitero kuri Iran tariki 28 Werurwe 2026 ndetse bihita binahitana Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu Ayatollah Ali Khamenei mu gihe nayo yihimura irasa muri Israel ndetse no ku bikorwa bya Amerika biri hirya no hino ku Isi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa