skol

Donald Trump ashobora gusura u Burusiya

Yanditswe: Wednesday 13, Aug 2025

featured-image

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Karoline Leavitt, yatangaje ko Donald Trump ashobora kugirira uruzinduko mu Burusiya mu gihe kiri imbere.

Ibi bitangajwe nyuma y’uko bimenyekanye ko tariki ya 15 Kanama 2025, Trump na Vladimir Putin w’u Burusiya bazahurira muri Leta ya Alaska, baganire ku ntambara yo muri Ukraine no ku mubano w’ibihugu byabo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Leavitt yagize ati “Birashoboka ko Trump ashobora kugirira uruzinduko mu Burusiya mu gihe kiri imbere.”

Umujyanama mu biro bya Perezida w’u Burusiya, Yury Ushakov, aherutse gutangaza ko mu gihe Putin na Trump bahurira muri Alaska, hashobora kubaho ibindi biganiro byazabera mu Burusiya.

Perezida wa Amerika uheruka gusura u Burusiya ni Barack Obama muri Nzeri 2013 ubwo yari yitabiriye inama y’ibihugu biri mu ihuriro rya G20 yabereye mu mujyi wa Saint Petersburg.

Perezida Donald Trump ashobora kujya mu Burusiya nyuma yo guhurira na Putin muri Alaska

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa