skol
fortebet

DR Congo: Guverineri w’Intara ya Ituri yibasiwe na Ebola yirukanwe

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Friday 05, Jun 2026

DR Congo: Guverineri w'Intara ya Ituri yibasiwe na Ebola yirukanwe

Sponsored Ad

skol

Leta ya Kinshasa, ibisabwe n’Inama nkuru y’umutekano ya RD Congo, yakuyeho guverineri w’intara ya Ituri yo mu burasirazuba muri iki gihe yibasiwe n’ikiza cya Ebola.

Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu, byavuzwe ko kubera impamvu “zihutirwa” Général de Brigade Kasongo Mulumba Batoka Gaby ari we guverineri mushya w’iyi ntara ituranye n’igihugu cya Uganda.

Kasongo Mulumba asimbuye Lieutenant-Général Johnny Luboya Nkashama wari ukuriye Ituri kuva mu 2021 ubwo intara eshatu mu burasirazuba bwa Congo (Kivu y’Epfo, Kivu ya Ruguru na Ituri) zahabwaga ubutegetsi bwa gisirikare bise ‘etat de siège’.

Ubwo butegetsi bwari bugamije kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo uwa M23 wigaruriye ibice binini muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, hamwe na ADF na CODECO ica ibintu muri Ituri.
Luboya Nkashama akuwe kuri uwo mwanya nyuma y’uko ubutegetsi bw’iyi ntara bunenzwe kuba virus ya Ebola yaramaze ibyumweru byinshi ikwirakwira muri iyi ntara mbere y’uko bimenyekana.
Ibice by’umujyi wa Bunia, umurwa mukuru w’iyi ntara, ni ho habonetse abarwanyi ba mbere ba Ebola kandi ubu hafatwa nk’izingiro ry’iyi virus y’ubwoko butamenyerewe bwiswe Bundibugyo.

Luboya akuweho kandi mu gihe imitwe ya ADF na CODECO yakomeje guca ingabo mu rihumye igakora ubwicanyi buteye ubwoba ku baturage.
Kasongo Mulumba uje kumusimbura, umwaka ushize yari yungirije ushinzwe ibikorwa n’iperereza muri ‘31ᵉ région militaire’ y’ingabo za FARDC ireba intara zimwe zo mu burasirazuba bwa Congo.

Ingabo za FARDC zikorana n’iza Uganda mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro muri Ituri, igikorwa gisa n’icyananiranye kugeza ubu.
Mu mezi ashize, umugaba w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari mu bantu basabye Kinshasa ko ubutegetsi bw’intara ya Ituri buhindurwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa