Intambwe ikomeye yatewe mu ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), aho iminsi 41 ikurikiranye imaze gushira nta murwayi mushya wa Ebola uhagaragaye.
Iyo ntambwe, ijyanye n’imibare yatangajwe ku wa mbere w’iki cyumweru, iharuriye inzira iki kiza ngo kibe cyatangazwa ko cyacitse muri iki gice cyo mu burasirazuba bwa DRC.
Ubwandu bwa nyuma buheruka kugaragara muri Kivu y’Epfo ni ubwo ku itariki ya 26 Gicurasi (5) uyu mwaka, mu karere k’ubuvuzi ka Miti-Murhesa, ubwo abantu batatu batangazwaga ko banduye naho undi umwe agatangazwa ko yishwe na Ebola.
Ariko ishusho rusange yo muri ako karere iracyateye inkeke. Iki kiza cyagaragaye ndetse cyemezwa mu ntara eshatu: Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo. Cyibasiye cyane intara ya Ituri, ikaba yihariye nibura 90% by’ubwandu bwose bwamaze gutangazwa.
Raporo iheruka gutangazwa yuko iki kiza gihagaze ivuga ko kuva cyatangazwa ko cyongeye kwaduka muri iki gihugu ku itariki ya 15 Gicurasi, ubu bimaze kwemezwa ko abantu 1,708 banduye, 580 bapfuye, 280 bakize, naho abarwayi 680 bakaba barimo kwitabwaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *