Abategetsi bo mu rwego rw’ubuvuzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bavuga ko ikiza cya Ebola kikiri gusa mu ntara eshatu zo mu burasirazuba bw’igihugu ari zo Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
Ni mu gihe amakuru yari yatangajwe mbere yumvikanishaga ko hari abanduye babonetse mu ntara ya Haut‑Uélé no mu ntara ya Tshopo.
Imibare mishya yatangajwe na leta ku itariki ya 30 Kamena (6) igaragaza ko umubare w’abemejwe ko banduye wazamutse ugera ku 1,406 – abo bakaba ari inyongera y’abantu 73 mu masaha 24 yari amaze gushira.
Abapfuye bariyongereye bagera ku bantu 438, mu gihe abantu 192 bakize.
Kugeza ubu, abantu 609 baracyari mu kato cyangwa barimo kuvurwa, mu gihe ikigero cyo kwica cy’iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo kiri ku kigero cya 31.2%.
Ikigero cyo gutahura abahuye n’abanduye cyarazamutse kigera ku 82.5% nubwo kikiri munsi y’intego ya 95%.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *