skol
fortebet

Ebola muri RDC yakomeje gukaza umurego, abanduye barenze 3.000

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Sunday 26, Jul 2026

 Ebola muri RDC yakomeje gukaza umurego, abanduye barenze 3.000

Sponsored Ad

skol

Umubare w’abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ukomeje kwiyongera, aho imibare iheruka igaragaza ko abarwayi bamaze kurenga 3.000, mu gihe abasaga 1.300 bamaze guhitanwa n’iyi ndwara.

Amakuru yatangajwe n’inzego z’ubuzima muri RDC agaragaza ko abantu 3.075 bamaze kwandura Ebola, mu gihe 1.354 bamaze kwitaba Imana. Iki cyorezo cy’ubwoko bwa Bundibugyo cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko umuvuduko w’iki cyorezo uteye impungenge kuko umubare w’abapfa ukomeje kwiyongera vuba kurusha uko byagiye bigaragara mu byorezo byabanje. Mu byumweru hafi 10 gusa, abantu barenga 1.000 bari bamaze guhitanwa na Ebola, ibintu bavuga ko bitigeze bibaho muri uru rugero.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC), Jean Kaseya, yatangaje ko ikibazo gikomeye ari ukubura inkingo, imiti n’ubushobozi buhagije bwo gufasha abarwayi no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo.

Yavuze ko abantu bakomeje gupfa bitewe n’ubuke bw’ibikoresho by’ubuvuzi ndetse n’inkunga idahagije ihabwa inzego zihanganye n’iki kibazo.

Hagati aho, ibikorwa byo kurwanya Ebola nabyo byatangiye guhungabanywa n’ibibazo by’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima bavuga ko bamaze igihe badahembwa. Mu kigo cya Elikya Ebola Treatment Centre giherereye i Bunia, abakozi bagera ku 100 bahagaritse akazi basaba guhembwa amafaranga y’agahimbazamusyi bavuga ko batigeze bahabwa.

Si bo gusa kuko no mu Bitaro Bikuru bya Bunia hari abakozi baherutse gukora imyigaragambyo bitewe no kutabona imishahara yabo, bamwe bakavuga ko kuva iki cyorezo cyatangira nta gihembo barahabwa.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) na ryo ryagaragaje impungenge ko umubare nyawo w’abanduye ushobora kuba urenze kure uwatangajwe, kuko hari uduce twugarijwe na Ebola bigoye kugeramo no gukusanyirizamo amakuru.

Ebola ni indwara yandurira mu guhura n’amatembabuzi y’umuntu wayanduye, harimo amaraso n’andi mavangingo yo mu mubiri. Nubwo idakunze kwibasira abantu kenshi, iyo yadutse ishobora gukwirakwira vuba kandi igahitana benshi igihe itarwanyijwe hakiri kare.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa