skol
fortebet

El Malick Ndiaye yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Sénégal

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Monday 25, May 2026

El Malick Ndiaye yeguye ku mwanya wa Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko muri Sénégal

Sponsored Ad

skol

El Malick Ndiaye yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Sénégal, nyuma y’iminsi mike Ousmane Sonko wari Minisitiri w’Intebe akaba n’inshuti ye, yirukanywe na Perezida w’iki gihugu.

Ubwegure bwa El Malick Ndiaye bwatangajwe ku Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026. Yari Perezida w’Inteko ya Sénégal kuva mu Ukuboza mu 2024.

Amakuru dukesha France24 avuga ko umugambi wo kwegura k’uyu mugabo ugamije ko Sonko ahatanira kuyobora Inteko Ishinga Amategeko cyane ko ishyaka rye rya Pastef rifitemo ubwiganze.

Biteganyijwe ko ku wa 26 Gicurasi, abagize Inteko Ishinga Amategeko bazahura, kugira ngo basubize Sonko mu bagize iyi Nteko, ndetse banatore Perezida mushya, umwanya ushobora kwegukanwa na Sonko.

Biteganyijwe ko mu gihe Sonko yatorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko, havuka ihangana ryeruye hagati ye na Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, bahoze ari inshuti magara.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Perezida Faye yirukanye Sonko nka Minisitiri w’Intebe, ndetse Guverinoma ye ihita iseswa.

Ni icyemezo yafashe nyuma y’umwuka mubi wari umaze igihe ututumba hagati yabo.

Bimwe mu byo Sonko apfa na Faye ni uko amushinja kuba yarananiwe guhangana na ruswa ivugwa mu bakomeye muri iki gihugu cyane cyane Macky Sall wahoze ari Perezida, Sonko yifuza ko agezwa imbere y’ubutabera.

Sonko kandi ashinja Faye kuba yarananiwe kwishyura amadeni Sénégal ifite, ndetse no kuba ataragiye ashyigikira bimwe mu byemezo yafashe muri Guverinoma, ariko bikanengwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa