skol

Elon Musk yatanze miliyoni 75$ mu bikorwa byo kwiyamamaza bya Trump

Yanditswe: Thursday 17, Oct 2024

featured-image

Umunyemari Elon Musk yatangaje ko yatanze miliyoni 75$ yo gufasha Donald Trump, umukandida w’ishyaka ry’Aba-Repubulicains mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu matora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka.

Elon Musk ufite umutungo kugeza ubu ungana na miliyari 246.5$, yavuze ko mu matora ashize yagiye atanga ubufasha bw’amafaranga ku bakandida bose, baba Aba-Democrates n’Aba-Republicains, ariko ko nyuma y’uko hari abagerageje kurasa Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza ku wa 13 Nyakanga, yahisemo kuba ari we atangira gushyigikira byeruye.

Ibyo byahamijwe n’uko ubwo Trump yari asubiye kwiyamamariza muri Leta ya Pennsylvania, uyu munyemari yamuherekeje ndetse atangaza ko amatora ateganyijwe tariki 5 Ugushuingo ari amatora y’ingenzi ku buzima bw’Abanyamerika bose, abasaba kuzashyigikira Trump, ashinja Aba-Republicains kunyaga Abanyamerika ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Izi miliyoni 75$ bivugwa ko Musk yazitanze hagati y’ukwezi kwa Nyakanga na Nzeri, akaba ari umwe mu batanze amafaranga menshi mu gushyikira ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida Trump.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa