Umwuka mubi wa politiki uratutumbe hagati ya Ethiopia na Eritrea nyuma y’uko, ubutegetsi bwa Ethiopia bushinjije ubwa Eritrea ibikorwa byo kuvogera ubutaka no gufasha imitwe yitwaje intwaro irwanya Addis Ababa.
Ni mu ibaruwa Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia, Gedion Timothewos yandikiye mugenzi we wa Eritrea, Osman Saleh, amumenyesha ko ingabo za Eritrea zavogereye ubusugire bwa Ethiopia ndetse zikifatanya n’imitwe yitwaje intwaro.
Ubutegetsi bwa Addis Ababa bwamenyesheje Eritrea ko ikwiriye guhagarika ubushotaranyi ndetse igacyura ingabo zayo zose zibarizwa hakurya y’imipaka yayo, ndetse zigasenya n’imikoranire yose zigiranye n’abarwanya ubutegetsi bwa Ethiopia.
Ethiopia na Eritrea bimaze igihe mu mwuka mubi wa politiki ushingiye ku mazi n’ubutaka, aho Ethiopia yatangaje ko igomba kwigarurira icyambu cya Assab cyo muri Eritrea, bikazakorwa ku neza cyangwa ku mbaraga.
Eritrea yabonye ubwigenge mu 1993 yiyomoye muri Ethiopia bituma iki gihugu kibura amahirwe yo gukora ku Nyanja.
Muri Nzeri 2025, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abbey Ahmed yavuze ko ikosa Ethiopia yakoze yemera gutakaza amahirwe yo gukora ku nyanja rizakosorwa mu bihe biri imbere, ko kandi izisubuza ubugenzuzi ku neza cyangwa ku nabi.
Igihe cyose EEthiopia vuze ibyo gushaka gukora ku nyanja Eritrea ibitera utwatsi ikavuga ko ari ubushotoranyi bugamije gushaka kwigarurira ubutaka bwayo.
Ibi bihugu kandi byahoze ari bimwe bipfa intambara ibera mu Ntara ya Tigray, abategetsi muri Ethiopia bashinja Eritrea kuba umuterankunga w’inyeshyamba zo muri Tigray zishaka gushinga igihugu gishya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *