skol
fortebet

FDLR yiciye abaturage 10 muri Masisi na Walikalevv

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Monday 25, May 2026

FDLR yiciye abaturage 10 muri Masisi na Walikalevv

Sponsored Ad

skol

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bari kumwe na Wazalendo, biciye muri Teritwari ya Masisi na Walikale abaturage 10.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iki gitero cyagabwe mu gace ka Malemo na Kalembe ku rugabano rwa Masisi na Walikale mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2026.

Kanyuka yagize ati “Muri Malemo bishe abasivili batatu, bakomeretsa batandatu, banashimuta umuyobozi waho, ubu kugeza uyu munsi ibyamubayeho ntibiramenyekana.”

AFC/M23 yatangaje ko nyuma yo kuva muri utu duce, FDLR na Wazalendo muri utu duce, byasahuye bikomeye agace ka Bweru, bitwara inka 11 z’abaturage ndetse n’ingurube nyinshi.

Iri huriro ryatangaje ko nubwo Leta ya RDC yari yaremeye gusenya FDLR, ikomeje gufasha uyu mutwe w’iterabwoba, iwuha intwaro, ikanayobora ibikorwa byawo ndetse n’ibya Wazalendo.

Igitero cya FDLR Muri Malemo na Kalembe gikurikiye ikindi yagabwe muri santere ya Bambo muri Teritwari ya Rutshuru mu gicuku cyo ku wa 18 Gicurasi, yica umusaza w’imyaka 77 witwaga Nzirorera Nsekuye, ishimuta abandi baturage babiri.

FDLR ishinjwa kwica abasivili, gushimuta no gusahura imitungo ku rugabano rwa Masisi na Walikale

Lawrence Kanyuka yatangaje ko Leta ya RDC ikomeje gufasha FDLR

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa