skol

Gabon: Imbuga nkoranyambaga zose zahagaritswe

Yanditswe: Wednesday 18, Feb 2026

featured-image

Igihugu cya Gabon kibicishije mu Rwego rukuru rwacyo rushinzwe Itumanaho (HAC), cyahagaritse ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga zose ku butaka bw’iki gihugu mu gihe kitazwi.

Iki cyemezo cyafashwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, kigamije gukumira ingaruka mbi zishobora guterwa n’imikoreshereze itanoze y’izo mbuga nkoranyambaga, nk’uko HAC yabitangaje.

HAC mu itangazo yashyize ahagaragara, ntiyatanze urugero na rumwe rwihariye rwaba rwatumye ifata iki cyemezo cyatunguye benshi. Icyakora, yavuze ko hagaragaye isakazwa rikabije ku mbuga nkoranyambaga ry’amakuru adakwiye, arimo gutukana, gusebanya, urwango n’ibindi bigamije gutesha agaciro umuntu, guhungabanya ubumwe bw’abaturage, guhohotera abantu hifashishijwe ikoranabuhanga, guhungabanya ituze ry’inzego z’igihugu no guteza umutekano muke mu gihugu.

Urwego rushinzwe kugenzura itangazamakuru muri iki gihugu, ruvuga ko imbuga nkoranyambaga zikoreshwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko akurikizwa muri Gabon, ndetse n’amabwiriza mpuzamahanga.

HAC yagaragaje ko hari Abanye-Gabon bamwe berekanye imyitwarire mibi ku mbuga nkoranyambaga, ariko inashinja n’abashinze ndetse n’abayobora izo mbuga, kudashyira mu bikorwa igenzura rihagije ryazo, ku bijyanye n’ibizishyirwaho binyuranyije n’amategeko.

Muri Gabon, WhatsApp, Facebook na TikTok ni zo mbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane. Iri tangazo ryasomewe kuri televiziyo ya Leta ‘Gabon 1ère’ n’umuvugizi wa HAC, Jean-Claude Mendome, utavuze igihe izo mbuga nkoranyambaga zishobora kuzakomorerwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa