skol
fortebet

Gaza: Abantu 11 bo mu muryango umwe bapfiriye muri bisi

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Saturday 18, Oct 2025

Gaza: Abantu 11 bo mu muryango umwe bapfiriye muri bisi

Sponsored Ad

skol

Ubuyobozi bw’umutwe wa Hamas bwatangaje ko igisasu cyarashwe n’ingabo za Israel kigafata bisi muri Gaza cyahitanye abantu 11 bo mu muryango umwe.

Hamas yatangaje ko abapfuye bose ari abo mu muryango umwe, bari bagiye iwabo kureba uko byifashe.

BBC yanditse ko iki gitero ari cyo cya mbere ingabo za Israel zigizemo uruhare kigahitana abantu benshi nyuma y’uko hemeranyijwe agahenge mu minsi umunani ishize.

Ingabo za Israel zatangaje ko abasirikare bazo barashe imodoka yakekwagaho ikibi yari irenze umurongo w’umuhondo ugaragaza igice Israel ikigenzura.

Israel iracyagenzura ibice bingana na kimwe cya kabiri cya Gaza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa