Gen Maj Ekenge yarezwe muri ICC kubera amagambo ye yibasira Abatutsi
Yanditswe: Saturday 28, Feb 2026
Imiryango y’Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi yareze uwahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Maj Sylvain Ekenge mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga (ICC) ruri i La Haye mu Buholandi, kugira ngo azaryozwe amagambo ye yibasira Abatutsi.
Umunyamategeko Wunganira aba Banye-Congo, Bernard Maingain, yagejeje iki kirego ku Bushinjacyaha bwa ICC tariki ya 17 Gashyantare 2026, agaragaza ko amagambo ya Gen Maj Ekenge ashobora guteza abo mu bwoko bw’Abatutsi ibibazo bikomeye.
Mu Ukuboza 2025, Gen Maj Ekenge yagiye kuri televiziyo ya RDC (RTNC), avuga ko Abanye-Congo b’Abatutsikazi batabyarana n’abo badahuje ubwoko, asaba abagabo kwitondera gushakana na bo. Aya magambo yamaganywe bikomeye, ahagarikwa by’agateganyo ku mwanya w’Umuvugizi.
Me Maingain yagaragaje ko Gen Maj Ekenge yareganywe n’abandi bantu bo muri RDC bamaze igihe bibasira abo mu bwoko bw’Abatutsi, usanga abo baba banashyigikiwe n’abo mu butegetsi nk’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki gihugu, Patrick Muyaya.
Uyu munyamategeko yasobanuye ko biba bigoye ko Leta ya RDC yahana aba bantu kuko ibashyigikira ku mugaragaro, nyamara ifite amategeko yakabaye abahana. Yasobanuye ko bamwe muri bo bagiye bakirwa na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo.
Me Maingain yatangaje ko mu 2020, na bwo imiryango y’aba Banye-Congo yatanze ikirego muri RDC, igaragaza uburyo imvugo zibiba urwango zikomeje gukwirakwira ariko ko iki kibazo kitigeze gikurikiranwa kandi cyari cyagaragarijwe n’ibimenyetso.
Mu ibaruwa yandikiye Ubushinjacyaha bwa ICC, Maingain yibukije ko ikirego cyo mu 2020 kitigeze gikurikiranwa.
Iyo Ubushinjacyaha bwa ICC bushyikirijwe ikirego, buragisuzuma, bwabona gifite ishingiro hashingiwe ku bimenyetso byatanzwe, bukaba bwategura dosiye kugira ngo na bwo bukigeze mu rukiko. Ibyo ni byo bushobora gukora.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *