Gen Muhoozi yababariye Gen Tinyefuza wamwibasiye igihe kinini
Yanditswe: Sunday 03, Aug 2025
Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yababariye Gen Tinyefuza ’Sejusa’ wamaze igihe kinini amwibasira, avuga ko ari gutegurwa ngo azasimbure se.
Mu 2013, Gen David Sejusa Tinyefuza yanditse ibaruwa ifunguye, agaragaza ko Perezida Museveni afite umugambi wo gushyira umuhungu we ku butegetsi. Ibi ni byo yise “Muhoozi Project”.
Gen Tinyefuza yasobanuye ko kugira ngo uwo mugambi ugerweho, Perezida Museveni ashaka kumwicana n’umunyapolitiki Amama Mbabazi ndetse n’abandi bamurwanya.
Ku wa 5 Nyakanga 2025, Gen Muhoozi yatangaje ko Gen Tinyefuza akwiye kumwitaba mu biro bye mu cyumweru cyari bukurikiraho, akamusobanurira icyo “Muhoozi Project” bivuze ngo kuko ibyo yavugagamo byose bitabaye.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, Gen Muhoozi ni bwo yatangaje ko yamaze kubabarira Gen Tinyefuza nubwo yari yaramuteye ibikomere byari bimaze imyaka, yizeza ko bateganya guhura mu byumweru bibiri biri imbere.
Ati “Namaze kugira amahoro yo mu mutima kuri Gen Tinyefuza. Nyuma y’ibikomere byose yanteye mu myaka myinshi ishize, ndamubabariye.”
Nyuma yo kuvuga gutyo, Gen Muhoozi yatangaje ko ateganya guhura na we mu by’umweru bibiri biri imbere bikagirwamo uruhare n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Yoweri Museveni.
Gen. Tinyefuza uzwi nka Sejusa yahoze akuriye iperereza muri iki gihugu, akaba yaragize uruhare mu kubohora Uganda kuva mu 1981 kugeza mu 1986 ubwo Perezida Museveni yajyaga ku butegetsi.
Yatangiye kugirana ibibazo na Leta muri 2013 ubwo yatangazaga ko mu 2006, Dr. Kizza Besigye, umukandida w’ishyaka FDC yari yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu afite amajwi 69%, ariko biza kurangira Perezida Museveni n’abamushyigikiye bamurimanganyije, bamugenera ari munsi ya 30%.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *