Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko icyiza ari uko umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yakwigumira mu Busuwisi.
Bobi Wine yatanze imbwirwaruhame mu nama ya 18 yiga ku burenganzira bwa muntu na demokarasi yabaye ku wa 18 Gashyantare 2026.
Uyu mugabo yavuze ko ubutegetsi bwa Museveni bumaze imyaka 40 nta demokarasi, ndetse n’ubu akiri mu buhungiro nyuma y’uko amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, yarangiye urugo rwe rwagoswe n’abasirikare bashaka kumuta muri yombi, ariko akabanyura mu myanya y’intoki agahunga.
Uyu mugabo yatabaje umuryango mpuzamahanga ngo umufashe guhindura ibintu muri Uganda niba badashaka kuzashaka kugira icyo bakora amazi yarenze inkombe.
Urebye neza aho yavugiye iri jambo bigaragara ko ari inzu abamo yamanitsemo ibendera rya Uganda rifashe ku gikuta. Yitabiriye akoresheje ikoranabuhanga.
Gusa mbere gato y’uko avuga iyi mbwirwaruhame yari yavuze ko azitabira iyi nama mu Busuwisi.
Mu butumwa Gen Muhoozi yashyize kuri X nyuma y’amagambo Bobi Wine yari amaze kuvuga, yavuze ko byaba byiza yigumiye i Genève.
Ati “Icyiza cyabayeho mu kwishimuta kwa ‘Kabobi’ [Bobi Wine] ni uko twese twamwibagiwe. Icyiza ni uko yakwigumira i Genève iteka ryose.”
Gen Muhoozi aherutse gutangaza ko abarwanashyaka b’ishyaka NUP rya Bobi Wine bateje imvururu mu matora na nyuma yayo, haraswamo 22, ndetse uwa 23 wagombaga kwicwa ari Bobi Wine.
NUP ivuga ko hari abarwanashyaka bayo barenga 700 batawe muri yombi, abarenga 100 barakubitwa abandi bicwa mu bihe byo kwiyamamaza no mu gihe cy’amatora yasize Perezida Museveni atsindiye manda ya karindwi yo kuyobora igihugu.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *