skol

Google yahakanye gusiba umurongo utandukanya Maroc na Western Sahara ku ikarita

Yanditswe: Thursday 13, Nov 2025

featured-image

Ikigo Google cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyahakanye gukura ku ikarita yacyo (Google Maps) umurongo w’urubibi rutandukanya Maroc na Western Sahara imaze imyaka myinshi isaba ubwigenge.

Western Sahara ni intara ikungahaye ku mabuye y’agaciro. Igice kinini cyayo kigenzurwa na Leta ya Maroc ariko umutwe witwaje intwaro wa Polisario Front ushyigikiwe na Algérie usaba ko yaba igihugu cyigenga.

Mu cyumweru gishize, ibinyamakuru byatangaje ko urubibi rutandukanya Maroc na Western Sahara rwakuwe ku ikarita, bibihuza n’icyemezo akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kafashe cyo kwemerera Maroc guha iyi ntara ubwigenge ku nzego zimwe na zimwe.

Ku wa 12 Ugushyingo 2025, Google yasobanuriye ibiro ntaramakuru AFP ko ubusanzwe abantu bari muri Maroc batabona umurongo ucagaguye utandukanya igihugu cyabo na Western Sahara, ariko abari muri Western Sahara n’ahandi bo bawubona.

Umuvugizi wa Google yagize ati “Ntacyo twahinduye kuri Maroc cyangwa Western Sahara kuri Google Maps. Ikarita ishingira kuri politiki yacu y’igihe kirekire ku turere turi mu makimbirane. Abakoresha ikarita bari hanze ya Maroc babona Western Sahara n’umurongo ucagaguye ugaragaza imbibi zitaremezwa, abakoresha Maps bari muri Maroc ntibabona Western Sahara.”

Ubwo akanama ka Loni gashinzwe umutekano kemezaga ko Maroc ikwiye guha Western Sahara ubwigenge ku nzego zimwe na zimwe, kasabye impande zombi, Algérie na Mauritanie gusubukura ibiganiro bituma habaho ubwumvikane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa