Guinea (Conakry) yaciye iyoherezwa mu mahanga rya zahabu idatunganyije, mu muhate wo guteza imbere ibikorwa byo gutunganyiriza mu gihugu iri buye ry’agaciro.
Iyo gahunda ya leta – yahise itangira gukurikizwa – itangiye nyuma yuko Perezida wa Guinea Mamady Doumbouya ahuye n’abacukuzi ba zahabu bayicukura mu buryo bwa gakondo n’abayicukura bo ku rwego rw’inganda hamwe n’abaguzi.
Ni gahunda igamije guteza imbere ubukungu no guhanga imirimo myinshi.
Yagize ati: “Guinea ubu izasaba ko zahabu yayo itunganyirizwa imbere y’imipaka yayo bwite [mu gihugu]. Zahabu igicukurwa ntizongera kuva muri Guinea ukundi.” Yongeyeho ko ibindi bihugu bimaze igihe bibona inyungu zo mu bukungu zivuye ku gutunga no kugurisha umutungo kamere wa Guinea.
Guinea ni cyo gihugu cya gatandatu muri Afurika gicukurwamo zahabu nyinshi, nkuko bitangazwa n’akanama k’isi ka zahabu.
Mu myaka ya vuba aha ishize, ibindi bihugu byo muri Afurika byafashe ingamba nk’izo mu rwego rwo kongera ibikorwa by’imbere mu gihugu byo gutunganya no kongerera agaciro urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Muri Tanzania no muri Uganda, iyoherezwa mu mahanga ry’amabuye y’agaciro nka zahabu n’umuringa (cuivre/copper) adatunganyije ryamaze gucibwa, mu gihe biteganyijwe ko Ghana, bitarenze mu mwaka wa 2030, izaba yaciye iyoherezwa mu mahanga rya zahabu idatunganyije.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *