Guverinoma ya Ethiopia irashinjwa kwitegura indi ntambara muri Tigray
Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026
Muri Tigray, mu majyaruguru ya Ethiopia, umwuka w’intambara ukomeje kwiyongera. Mu magambo atangaje, umuyobozi mukuru muri aka karere yashinje guverinoma kwitegura “gutangiza intambara nshya muri Tigray.”
Ishyaka rya Tigray People Liberation Front (TPLF), ishyaka rya politiki ryaciwe na guverinoma nkuru ariko rikaba rikomeye cyane muri Tigray, rirashinja Guverinoma ya Addis Abeba kuba yarananiwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro ya Pretoria yashyizweho umukono mu Gushyingo 2022, arangiza intambara yari imaze imyaka ibiri hagati y’impande zombi.
Nibura abantu nibura 600.000 bishwe mu gihe cy’intambara hagati ya TPLF n’Igisirikare cya Leta ya Ethiopia, nk’uko byemejwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
TPLF ivuga ko akarere kuri ubu kagoswe n’ingabo za leta, aho bivugwa ko hashize ibyumweru, abasirikare benshi boherejwe muri Tigray nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Imirwano hagati y’ingabo za leta n’Ingabo za Tigray yagiye inabaho nko mu Gushyingo 2025 na Mutarama 2026.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *