Inzu yita ku njangwe zidafite aho kuba muri Leta ya Alabama iri kwitegura gushakira aho kuba injangwe idasanzwe ifite amatwi ane imaze kuba ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga.
Iyi njangwe yitwa Dolby, ifite amezi arindwi, ikaba yaravutse itandukanye n’izindi kuko ifite amatwi ane aho kuba abiri.
Stephanie Brown ukora mu nzu yita kuri izi njangwe avuga ko iyi miterere itabangamira iyi njangwe kandi ko yumva neza nk’ibisanzwe.
Kugeza ubu hateganyijwe ko ibanza kubagwa aya matwi y’inyongera ikabona guhabwa umuryango uzayitaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *