skol
fortebet

Ibiciro bya lisansi mu Rwanda byagabanyutse

Yanditswe: Wednesday 07, Aug 2024

featured-image

Sponsored Ad

Leta y’u Rwanda yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yashyizwe kuri 1629Frw, ivuye kuri 1663 Frw, mu gihe litiro ya mazutu yo yagumye kuri 1652Frw.

Sponsored Ad

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego Zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) rwatangaje ko ibi biciro bishya bitangira gukurikizwa kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Kanama 2024, saa Moya z’umugoroba.

Yakomeje ivuga ko iri hindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda rishingiye ku ihindagurika ry’ibiciro byabyo ku rwego mpuzamahanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa