Ibihumbi n’ibihumbi bamaze guhunga Mozambike berekeza muri Malawi
Yanditswe: Monday 30, Dec 2024
Mu cyumweru gishize, ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Mozambike bahungiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Malawi bashaka ubuhungiro kubera imyigaragambyo ikomeje kugwamo abantu nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu, nk’uko abayobozi babitangarije AFP.
Kuva ku wa Mbere ushize, umunsi Urukiko Rukuru rwa Mozambike rwemeje ko ishyaka riri ku butegetsi ryatsinze amatora yo mu Kwakira, abantu bagera ku 13.000 bambutse umupaka berekeza muri Malawi, nk’uko amakuru aturuka muri guverinoma abitangaza,
Icyo cyemezo cyamaganwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, kandi cyateje iyubura ry’imyigaragambyo ikaze imaze icyumweru cyaranzwe n’ibikorwa byo kwangiza no gusahura.
Abayobozi bavuga ko benshi mu bahageze bambutse berekeza mu majyepfo ya Malawi, benshi muri bo bambuka imigezi kugira ngo bahunge imvururu.
Komiseri w’akarere ko ku mupaka ka Nsanje mu majyepfo, Dominic Mwandira, yavuze ko kugeza ubu imiryango igera ku 2500 imaze kuhagera, aburira ko umubare ushobora kwiyongera.
Mwandira ati: “Abantu bagera ku 11.000 bambutse uruzi rwa Shire binjira muri Malawi, mu gihe abandi 2000 bambutse uruzi rwa Ruo”.
Yongeyeho ko minisiteri nyinshi za leta zahagurutse kandi abasaba ubuhungiro bakaba bacumbikiwe ahantu henshi by’agateganyo

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *