Igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyaragabanutse ku wa nyuma y’uko hagaragaye icyizere mu biganiro bihuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, kigera ku madorali 72.
Ibi biganiro byabereye i Doha muri Qatar, aho Perezida Donald Trump yavuze ko ibiganiro byagenze neza kandi ko Amerika na Iran bari kugenda bumvikana neza.
Imibare yo ku wa 1 Nyakanga 2026, igaragaza ko akagunguru k’ibikomoka kuri peteroli bidatunganyije kagabanyutseho hafi 0,95$, kagera kuri 72$.
Ibi biganiro bihuza Amerika na Iran biri kuganira ku buryo ubwikorezi bwa peteroli bwakorwa mu nzira ya Hormuz.
Ibihugu byo muri OPEC+ bishobora kongera ingano y’iyo bitunganya ibyatuma ibiciro ku isoko birushaho kumanuka.
Abasesenguzi kandi bavuga ko isoko rishobora gukomeza kuguma hagati ya 72$ na 75$ ku kagunguru, nubwo hakiri impungenge zishingiye ku bibazo by’umwuka mubi bikiri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *