skol

Impunzi z’Abarundi zirenga 100 zasubiye mu gihugu cyabo

Yanditswe: Tuesday 25, Nov 2025

featured-image

Impunzi z’Abarundi 115 zirimo 107 babaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe n’abandi 8 babaga mu Mujyi wa Kigali, basubiye mu gihugu cyabo.

Amakuru Imvaho Nshya yamenye ni uko izi mpunzi zatashye kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ugushyingo, zinyuze ku Mupaka wa Nemba wo mu Karere ka Bugesera, uhuza u Rwanda n’u Burundi.
Mu mpunzi 115 zatashye, ziganjemo izimaze imyaka 10 zarahungiye mu Rwanda.
Impunzi z’Abarundi zatashye ziganjemo izimaze imyaka 10 mu Rwanda.
Raporo z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNCHR, zigaragaza ko kugeza tariki 31 Ukuboza 2023, mu Rwanda hari impunzi 134 593 zirimo iz’Abarundi 50 411.
Bigaragara ko umubare w’impunzi z’Abarundi watangiye kwiyongera ubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi wazambaga, bigera aho bufunga imipaka muri Mutarama 2024.
Kugeza tariki ya 31 Mutarama 2024, impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda ziyongereyeho 150, zigera ku 50 561 nk’uko bigaragazwa na raporo y’iri shami rya Loni.
Umubare w’impunzi z’Abarundi wakomeje kuzamuka ukwezi ku kundi, ugera ku 51 406 tariki ya 31 Kanama 2024. Ugereranyije na 50 411 zari muri iki gihugu tarik ya 31 Mutarama, ubona ko hiyongereyemo 635.
UNHCR igaragaza ko impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zibarizwa mu miryango 17 735, 34 muri zo zikaba zarasabye ubuhungiro.
Mu mpunzi z’Abarundi harimo 46% zifite imyaka iri hagati ya 0 na 17 y’amavuko, 50% zifite iri hagati ya 18 na 59 na 3% zifite imyaka irenga 60. 80% ziba mu nkambi, izindi 20% ziba mu Mijyi.
Inkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe icumbikiye impunzi z’Abarundi 40869, Umujyi wa Kigali ucumbikiye 7 757, Umujyi wa Nyamata ucumbikiye 1 991, naho uwa Huye ucumbikiye 768.
Iri shami rya Loni rigaragaza ko impunzi z’Abarundi 26 569 ziri mu Rwanda zaturutse mu ntara ya Kirundo, 11 635 zituruka i Bujumbura, 5 008 zituruka muri Muyinga, izindi 8.194 zituruka mu zindi ntara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa