skol

Indege y’igisirikare cya Amerika yahanutse iri mu myitozo

Yanditswe: Friday 05, Dec 2025

featured-image

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kirwanira mu Kirere cyatangaje ko indege yacyo yo mu bwoko bwa F-16C yahanutse iri mu mu myitozo

Iki gisirikare cyatangaje ko byabaye ku wa 3 Ukuboza 2025 bibera mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California.

Iyi ndege yaguye mu butayu mu bilometero 210 uvuye rwagati mu Mujyi wa Los Angeles, mu gace gasanzwe gakoreshwa mu igeragezwa ry’intwaro zikomeye.

Amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umuriro mwinshi wari aho indege yaguye, mu gihe umupilote agaragara ari kumanuka akoresheje umutaka hirya y’aho isanganya ryabereye.

Igisirikare cya Amerika cyavuze ko indege yari mu itsinda ry’izindi zifashishwa mu kugaragaza ubuhanga mu myiyereko y’indege.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Amerika kirwanira mu Kirere mu itangazo yagize ati “Ku wa 3 Ukuboza 2025, ahagana Saa 10:45 za mu gitondo, umupilote wo mu Itsinda ry’Igisirikare cya Amerika kirwanira mu Kirere, rishinzwe imyereko, yabashije kuva mu ndege ya F-16C Fighting Falcon mu buryo bwihuse ubwo yari mu myitozo i California.”

Yongeyeho ko umupilote yari ameze neza kandi yakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa