skol

Indege y’u Burusiya yafatiriwe na Canada imaze kubarirwa arenga miliyoni 1,5$ ya parikingi

Yanditswe: Sunday 25, Jan 2026

featured-image

Indege y’uu Burusiya imaze imyaka ine Guverinoma ya Canada yarayifatiriye mu rwego rwo gushyira igitutu kuri iki gihugu ngo gihagarike intambara imaze igihe, imaze kubarirwa miliyoni 1,5$ ya parikingi.

Iyo ndege y’imizigo yo mu bwoko bwa Antonov-124 ni iya sosiyete y’indege Volga-Dnepr yo mu Burusiya. Ifungiye ku kibuga cya Toronto Pearson Airport. U Burusiya bwari bwayitije Canada ngo itware inkingo za Covid-19 zavuye mu Bushinwa mu 2022.

Ikigo cya Canada gishinzwe serivisi rusange no gutumiza ibikoresho, nticyatangaje ibijyanye n’uko ayo mafaranga ya parikingi y’indege abarwa.

Ku wa 8 Kamena 2023, nibwo Canada yatangaje ko yafashe iyi ndege ku mugaragaro, nyuma y’umwaka n’amezi atatu iguye ku kibuga cya Toronto Pearson ikangirwa gusohoka ndetse ubwo leta yasuzumaga ibyangombwa byayo, yasanze hari abafatanyabikorwa n’ibigo by’u Burusiya bifitanye isano nayo.

Canada yahise itangiza gahunda igamije gusuzuma no kugenzura ibigo n’abantu bose bafite uruhare rukomeye mu nyungu z’iyi ndege.

Ku wa 18 Werurwe, Umushinjacyaha Mukuru wa Canada yatanze ubusabe ku rukiko rwa Ontario rwo kwambura u Burusiya iyi ndege burundu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Canada, Anita Anand, yavuze ko intego atari uguhana gusa iyo sosiyete y’indege, ahubwo ari inzira y’amategeko igamije gufasha Ukraine mu gihe ikeneye ubufasha.

Kugeza ubu, iyi ndege y’u Burusiya ifite agaciro ka miliyoni 100$, hategerejwe icyemezo cy’urukiko gishobora kuyihindura umutungo wo gufasha Ukraine iri mu bukene.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa