skol

Indege zo muri Sudani zakumiriwe muri UAE

Yanditswe: Friday 08, Aug 2025

featured-image

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yakumiriye ku bibuga byayo indege za sosiyete z’ubwikorezi bwo mu kirere zo muri Sudani.

Ni nyuma y’uko Sudani ishinje iki gihugu gutera inkunga imitwe y’itwaje intwaro ikunze kuyigabaho ibitero.

Urwego rwa Sudani rushinzwe iby’indege za gisivile rwatangaje ko UAE yanakumiriye indege za sosiyete ishinzwe ubwikorezi bwo mu kirere ku gukoresha Ikibuga cy’Indege cya Abu Dhabi.

Mu itangazo uru rwego rwakomeje ruti “Twatunguwe no kubona ubuyobozi bwa UAE bukumira indege zo muri Sudani ku kuba zakoresha ibibuga by’indege byayo.”

Rwagaragaje ko ruri gukorana n’inzego bireba kuri iki kibazo no kureba ubundi buryo bwakwifashishwa mu gufasha abari baraguze amatike y’indege bava cyangwa bajya muri UAE.

Ku rundi ruhande ntabwo UAE iragira icyo itangaza kuri iri tangazo ry’iki kigo cyo muri Sudani.

Umubano wa UAE na Sudani wazambye mu 2023 ubwo huburaga intambara hagati y’Umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) n’Ingabo za Sudani. UAE ishinjwa gufasha aba barwanya leta mu buryo bw’intwaro n’amafaranga.

Muri Gicurasi Sudani yacanye umubano na UAE, ab’i Khartoum bashinja Abu Dhabi kuvogera ubusugire bw’igihugu cyabo.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Sudani iherutse gutangaza ko ifite ibimenyetso simusiga by’uko UAE itera inkunga abacanshuro bo muri Colombia bafasha RSF mu ntambara, ibirego ab’i Abu Dhabi bahakana bivuye inyuma.

Ku wa 06 Kanama 2025 byatangajwe ko igisirikare cya Sudani kirwanira mu kirere cyarashe indege yo muri UAE yari itwaye abacancuro bo muri Colombia igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya Darfur kigenzurwa na RSF. Icyo gikorwa cyahitanye abarenga 40.

Indege zo muri Sudani zakumiriwe muri UAE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa