Ingabire Marie Immaculée: Umunyamakuru waje kuba ’impirimbanyi yo kurwanya ruswa’
Yanditswe: Thursday 09, Oct 2025
Ingabire yakoze mu itangazamakuru mu Rwanda, yabaye umwe mu bakuriye ihuriro ry’abanyamakuru mu Rwanda (Association Rwandaise des Jounalistes, ARJ) aba no , mu muryango w’abanyamakuru b’abagore mu Rwanda.
TIR ivuga ko yari afite impamyabumenyi ya kaminuza (licence/degree) mu itangazamakuru n’itumanaho yakuye muri Kaminuza ya Lille mu Bufaransa na ’Master’s Degree’ mu bijyanye na ’Gender Studies and Human Rights’ yakuye muri University of Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Mu biganiro bitandukanye yatanze, Ingabire yavuze ko yavukiye mu Burundi aho umuryango we wari warahungiye, aba ari na ho akurira. Atahuka mu Rwanda mu 1994.
Ageze mu Rwanda yahise yinjira mu itangazamakuru mu kigo cya leta cyahoze cyitwa ORINFOR (ubu ni RBA) akora nk’umunyamakuru, yakoze kandi mu kinyamakuru Imvaho Nshya.
Ingabire yavuye mu itangazamakuru yinjira mu miryango itegamiye kuri leta na sosiyete sivile. Transparency International Rwanda ivuga ko ari mu bantu 20 ba mbere bayitangije mu 2004.
Nyuma ni bwo yatangiye kumenyekana mu itangazamakuru nk’impirimbanyi mu kurwanya ruswa.
Bamwe mu bamunengaga bavuga ko Ingabire yari umuntu ubogamiye cyane ku butegetsi kandi ari mu mwanya yagombye kuba nta ruhande abogamiyeho. Yagiye yumvikana anenga umunyapolitike Ingabire Victoire
We yasubizaga ko afite uburenganzira ku murongo we wa politike kandi ko Transparency International Rwanda idakora nk’ishyaka rirwanya ubutegetsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *