skol

Ingabo za Burkina Faso zatewe, hapfa abarenga 28

Yanditswe: Saturday 25, Apr 2026

featured-image

Umutwe witwaje intwaro urwanya Leta ya Burkina Faso wagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Bagmoussa kiri mu Ntara ya Koulpelogo mu gitondo cyo ku wa 22 Mata 2026, abarenga 28 bahasiga ubuzima.

Kuri uyu wa 25 Mata 2026, Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yatangaje ko mu bapfiriye muri iki gitero harimo abasirikare ba Leta n’abo mu mitwe yitwaje intwaro ikorana na bo, kandi ko hari abandi benshi baburiwe irengero.

Iki gitangazamakuru cyatangaje ko ikigo cya gisirikare cya Bagmousa cyasahuwe, bimwe mu bikoresho byacyo birangizwa. Hari inzu z’abaturage zasenywe n’abagabye iki gitero.

Kuva Capt Ibrahim Traoré yajya ku butegetsi bwa Burkina Faso muri Nzeri 2022, imitwe y’iterabwoba irimo JNIM ishamikiye kuri Al Qaeda na IS Sahel byakajije ibitero ku birindiro by’ingabo z’igihugu.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagaragaje ko kugira ngo atsinde iyi mitwe y’intagondwa, azongera umubare w’abasirikare, cyane cyane mu ishami ry’Inkeragutabara kugira ngo bajye bifashishwa mu gihe batewe.

Ku wa 24 Mata, Guverinoma ya Burkina Faso yemeje umushinga w’itegeko rigenga imikorere y’ishami ry’Inkeragutabara, uteganya ko bitarenze mu 2026 iki gihugu kizatoza abasirikare ibihumbi 100 bazajya bifashishwa mu bihe bikomeye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa