Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe y’ingabo bikorana biri gutegura ibitero karundura kuri Komini Minembwe n’ibice bihana imbibi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’izi ngabo ryatangaje ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026, Leta ya RDC yategetse ko kajugujugu z’intambara zaturutse mu Mujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika zoherezwa muri Kivu y’Amajyepfo kugira ngo zifashishwe mu bitero.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasobanuye ko izi kajugujugu zifite intwaro ziremereye ziyongera ku zindi ntwaro n’ibikoresho bimaze iminsi byifashishwa mu kugaba ibitero mu bice byo muri Minembwe, birimo drones, imbunda ziremereye n’indege za Sukhoi-25.
Kanyuka yasobanuye ko Leta ya RDC ifite umugambi wo gusiba Minembwe ku ikarita y’igihugu no kurimbura abaturage bose bahatuye, kandi ko bikekwa ko bimwe mu bihugu biyishyigikiye, bikaba binayikingira ikibaba mu rwego rwa politiki.
AFC/M23 yatangaje ko mu gihe amahanga akomeje kwenyegeza ibi bitero, umuryango mpuzamahanga ukabiceceka, izakomeza kurwanirira abasivili no kubarinda, ikoresheje uburyo bwose bushoboka.
Izi kajugujugu zoherejwe ku rugamba nyuma y’igitero cya drones, Sukhoi-25 n’ingabo zirwanira ku butaka cyagabwe mu bice byo muri Minembwe birimo Kalingi, Gakenke, Bidegu na Rugezi ku wa 14 Gicurasi.
Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe politiki, dipolomasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko niba ntacyo abahuza bakora ku bushotoranyi bwa Leta ya RDC, iri huriro ritazakomeza kubahiriza agahenge ryonyine.
Ati “Ntibyumvikana ko abahuza n’abatanga ubufasha mu biganiro bakomeje guceceka mu gihe Kinshasa ikomeza ubushotoranyi. AFC/M23 ntiyashobora kubahiriza amasezerano yonyine mu gihe urundi ruhande rutayubahiriza."
Tariki ya 7 Gicurasi, Umuyobozi Mukuru wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yandikiye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, amugaragariza ko iri huriro ritishimiye uburyo iki gihugu kiri kubogamira byeruye kuri Leta ya RDC kandi kivuga ko gishaka amahoro mu karere.
Nangaa yagaragaje ko amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Amerika yagiranye na RDC mu Ukuboza 2025 ari kimwe mu byo Leta y’i Kinshasa yifashisha kugira ngo ikingirwe ikibaba mu gihe ikomeze ubushotoranyi.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *