Ingabo za Nigeria zarokoye abantu 76 bari barashimuswe n’amabandi mu Majyaruguru ashyira u Burengerazuba, mu Ntara ya Katsina, nubwo umwana umwe yapfiriye mu bikorwa byo kubarokora.
Komiseri ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Ntara ya Katsina, Nasir Mu’azu, yatangaje ko ku wa 23 Kanama 2025. Indege z’intambara zarashe ku nkambi y’abo bagizi ba nabi iri ku musozi wa Pauwa, mu karere ka Kankara, babohora abantu 76 biganjemo abagore n’abana.
Mu’azu yagize ati “Igikorwa cyagenze neza, abantu 76 bashimuswe barimo abagore n’abana baratabawe. Ariko birababaje ko umwana umwe yaburiye ubuzima mu gikorwa cyo kubatabara."
Batabawe nyuma y’igitero cyagabwe n’indege za gisirikare zirashe zishakisha Bello Turji, icyihebe akaba n’umuyobozi w’amabandi akorera mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.
Uyu akekwaho kuba inyuma y’igitero cyo ku wa 19 Kanama, cyagabwe ku musigiti kigahitana abantu 50.
Gushimuta abantu byabaye akamenyero mu Burengerazuba no hagati muri Nigeria, aho amabandi yitwaje intwaro akunda kwibasira imidugudu yitaruye, agasahura ari na ko ashimuta abaturage.
Ingabo za Nigeria zabohoye abantu 76 bari barashimutiwe mu kambi y’abitwaje intwaro
Mu Ntara ya Katsina ni ho aba baturage babohorewe, Bisiga umwana umwe apfiriye mu bikorwa byo kubarokora


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *