skol

Ingabo za RDC zagabye igitero gikomeye muri Mushaki

Yanditswe: Saturday 07, Mar 2026

featured-image

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Werurwe 2026, ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero gikomeye muri santere ya Mushaki no mu nkengero zaho.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasobanuye ko iki gitero cyagabwe ahatuwe cyane muri ibi bice byo muri teritwari ya Masisi, intara ya Kivu y’Amajyaruguru, hapfa abasivili benshi, inzu zabo zirasenywa.

Yagize ati "Saa 05:15, ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa ryarashe ibisasu byinshi kandi bitavangura ku bice bituwe cyane muri Mushaki no mu nkengero. Ibi bitero bigabwa buhumyi, bigabwa hatitawe ku buzima bw’abantu, byishe abasivili benshi b’inzirakarengane, bisenya inzu nyinshi."

AFC/M23 yafashe santere ya Mushaki mu ntangiriro z’Ukuboza 2023, ikuyemo ihuriro ry’ingabo za RDC, iz’u Burundi na Wazalendo. Ni igice cy’ingenzi muri teritwari ya Masisi, kiri mu ntera y’ibikolemetero bibarirwa muri 30 uvuye mu mujyi wa Goma.

Kanyuka yasobanuye ko muri iki gitondo, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye ikindi gitero gikomeye mu gace gatuwe cyane ka Gakenke muri komini Minembwe, kandi ko ibyo biri mu mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

Ibi bitero bikurikiye ikindi cya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye mu gace ka Kibanda Mangobo, teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ku wa 6 Werurwe.

AFC/M23 yatangaje ko abantu umunani biciwe muri iki gitero, abandi 12 barakomereka, ishimangira ko izakomeza gushyira mu bikorwa inshingano zayo zo kurinda no kurwanirira abasivili bakomeje kwibasirwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa